UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 7 days
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Musanze : Arasaba kurenganurwa nyuma yo Gusenyerwa Inzu n’ikorwa ry’Umuhanda Agasiragizwa
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Imibereho

Musanze : Arasaba kurenganurwa nyuma yo Gusenyerwa Inzu n’ikorwa ry’Umuhanda Agasiragizwa

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 13/01/2022 saa 7:22 PM

Harerimana Jean utuye mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Muhoza, Akagari ka Kigombe, Umudugudu wa Rukereza, arasaba kurenganurwa nyuma yo Gusenyerwa Inzu n’ikorwa ry’Umuhanda Kabaya-Gurupoma.

Uyu muturage avuga ko ibi bikimara kuba, Akarere kamwemereye binyuze  mu nyandiko kumusanira inzu cyangwa kakamuha ingurane, ariko ngo bikarangira asiragijwe.

Mu ibaruwa yanditswe na Harerimana tariki ya 04 Kanama 2020 asaba kurenganurwa agasanirwa inzu ye yangiritse, igasubizwa n’uwahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine, igaragaza ko Akarere kemeye kumusanira inzu ye cyangwa agahabwa ingurane mu gihe byagaragara ko kuyisana bitashoboka.

Ibaruwa yasubijwe n’ubuyobozi bw’akarere, nyuma yo kubwandikira abugezaho ikibazo cye.

- Advertisement -

Mu gahinda kenshi, Harerimana aganira n’Ikinyamakuru UMURENGEZI.COM yagitangarije ko iterambere ry’abandi ryatumye asubira inyuma, kuko ngo inzu ye yamwinjirizaga agatubutse, ubu hakaba hashize hafi imyaka ibiri yangijwe.

Agira ati, “Ubu narahombye cyane kuko inzu nayicururizagamo ndetse bakanahakorera ubwogoshi bakanyishyura, none nyuma yo kwangirika ubu byose narabihombye.”

Harerimana akomeza agira ati, ” Ikimbabaje kurushaho ni uko nasiragijwe n’inzego zitandukanye z’Akarere ka Musanze, ndetse no ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru nagezeyo bakandikira Akarere bakamenyesha ko kagomba gukemura ikibazo cyanjye bitarenze iminsi 15, ariko kugeza magingo aya sindasubizwa. Ku bwanjye mbifata nko gusuzugurwa, ndetse no gusuzugura urwego rw’Intara kuko yari yabanyoherejeho ngo bankemurire ikibazo ariko bavunira ibiti mu matwi.

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buvuga kuri iki kibazo, maze ku murongo wa telefone  Ramuli Janvier umuyobozi w’aka karere ntiyitaba, tumwandikira ubutumwa bugufi tumusubonurira ikibazo ntiyasubiza ndetse tariki ya 07 Mutarama 2022 twamwandikiye ku mbuga nkoranyambaga tumugaragariza iki kibazo ntiyashaka kugira icyo akivugaho kugeza ubwo twasohoraga iyi nkuru.

Ni kenshi mu Rwanda hagiye humvikana abaturage bashima ibikorwa remezo bagezwaho na Leta, ariko bakavuga ko bamwe muri bo basiragizwa iyo barimo gukurikirana imitungo yabo yangizwa n’ikorwa ry’ibyo bikorwa remezo ndetse n’ingurane yabyo.

Igikomeje kwibazwaho kugeza ubu n’uyu muturage, ni igihe ikibazo cye kizakemurirwa, mu gihe akomeje kugorwa n’ubuzima kubera imibereho mibi abayemo biturutse ku kuba aho yakuraga ikimutunga harangijwe, aha akaba ari naho ahera asaba inzego bireba kumurenganura.

Ahangayikishijwe n’ejo hazaza kubera ko aho yakuraga ibimutunga n’umuryango we hasenywe n’iyubakwa ry’umuhanda ntahabwe ingurane.

Emmanuel DUSHIMIYIMANA January 13, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
1 Igitekerezo
  • Pingback: Musanze : Umwana yarasambanyijwe aterwa inda, ubuyobozi bumushyingira uwayimuteye - UMURENGEZI

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

IbidukikijeImibereho

Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka

Hashize 2 months
Imibereho

Kinigi: Abafashwaga na SACOLA basabwe kwigira

Hashize 2 months
ImiberehoPolitiki

Gakenke: Harifuzwa ko Icyari kugirwa Akarere cyabyazwa Umusaruro

Hashize 3 months
Imibereho

Musanze: Bahangayikishijwe n’inyamanswa iri gufata abagore ku ngufu

Hashize 3 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?