UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 7 days
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Burera: Barinubira umwanda baterwa n’Ubwiherero bw’isoko bwahinduwe ikimoteri
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
IbidukikijeImibereho

Burera: Barinubira umwanda baterwa n’Ubwiherero bw’isoko bwahinduwe ikimoteri

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 30/09/2022 saa 9:55 PM

Abaturage baturiye n’abarema Isoko rya kijyambere rya Nyagahinga, baratabaza  inzego zibishinzwe, basaba gukemurirwa ikibazo cy’umwanda n’umunuko bituruka ku bwiherero bw’isoko bwahinduwe ikimoteri.

Ni ikibazo abaturage bavuga ko bamaranye imyaka irenga ine kidakemuka, kandi barakigejeje ku nzego z’ubuyobozi zitandukanye zikabatererana.

Iri soko bavuga ko ari ryo ntandaro y’umwanda,  ryubatse mu Mudugudu wa kabyimana, Akagari ka Nyagahinga, Umurenge wa Cyanika, Akarere ka Burera.

Bamwe mu baturage baganiriye  n’Umunyamakuru wa UMURENGEZI.COM, batangaje zimwe mu ngaruka baterwa n’umwanda uturuka kuri ubu bwiherero bwahinduwe ikimoteri.

- Advertisement -

Hitimana JMV, umwe mu baturiye ubu bwiherero, avuga ko abangamirwa cyane n’ubu bwiherero bwahinduwe ikimoteri, kuko ngo umunuko n’amasazi bizanwa nacyo bimubuza amahwemo.

Agira ati: “Mbangamiwe bikomeye n’iki kimoteri, kuko nturanye nacyo, ubu nubatse uruzitiro ngo ngabanye umunuko ugiturukamo ariko byaranze.”

Akomeza avuga ko “iki kibazo yakigejeje ku nzego zitandukanye, none ngo amaze imyaka ine abona bidakemuka, abayobozi bakamubwira ko bagiye gushaka aho bimurira ikimoteri, none amaso yaheze mu kirere.”

Mukandane Charlotte, nawe yunga mu rya mugenzi we, akavuga ko babangamiwe n’ubu bwiherero-kimoteri.

Agira ati: “Umunuko uturuka muri ubu bwiherero utugeze kure, ku buryo dushobora kwandura indwara zituruka ku masazi avayo akajya kubyo turya. Turifuza ko ikimoteri cyakwimurwa, hanyuma ubwiherero bugakorerwa isuku.”

  • Burera : Abaturage bahangayikishijwe n’abitwikira ijoro bagasenya isoko
  • Burera : Urujijo ku gishingirwaho mu gutanga impushya zemerera inganda gukora zibangamira abaturage
  • Burera : Bahisemo gucana amapoto nyuma yo kunanizwa n’icyahoze ari EWSA

Nteziyaremye Joseph, Umuyobozi w’Isoko rya Nyagahinga ari naryo ryakoreshaga ubu bwiherero,  avuga ko iki kibazo bakizi, ndetse ko bakigejeje kubo bireba.

Ati: “Iki kibazo twakigejeje ku Murenge ndetse no ku Karere barakizi, yewe twanagerageje gushaka aho twajya dushyira biriya bishingwe tubanje kubivangura, ibibora tukagerageza kubitaba, ariko bitewe n’ubunini bw’Isoko byaratuganje tubura aho tubishyira, kuko nta bundi butaka dufite twabishyiramo.”

Inzego zitandukanye za Leta zikangurira abantu gufata neza ibishingwe bakavangura ibibora n’ibitabora mu rwego rwo kwita ku bidukikije, ndetse kandi ibimoteri bikaba byitaruye ingo z’Abaturage n’aho bakorera, mu rwego rwo kwirinda indwara ziterwa n’umwanda.

Irebana na: burera, umurengezi
Emmanuel DUSHIMIYIMANA September 30, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

IbidukikijeImibereho

Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka

Hashize 2 months
Imibereho

Kinigi: Abafashwaga na SACOLA basabwe kwigira

Hashize 2 months
ImiberehoPolitiki

Gakenke: Harifuzwa ko Icyari kugirwa Akarere cyabyazwa Umusaruro

Hashize 3 months
Ibidukikije

SGF iraburira abaturiye Ishyamba rya Gishwati kutararikira Indonke

Hashize 3 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?