UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 1 week
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma “Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka” – BNR
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
PolitikiUbukungu

“Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka” – BNR

Editor
Editor
Yanditswe taliki ya 23/09/2022 saa 12:55 PM

Banki Nkuru y’u Rwanda, yatangaje ko izamuka ry’ibiciro rikabije mu Rwanda, ridashingiye gusa ku bibazo by’ubukungu ku Isi, kuko ngo no mu Rwanda habayeho ikibazo cy’umusaruro muke mu rwego rw’ubuhinzi.

BNR igaragaza ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse neza mu gice cya mbere cy’uyu mwaka, nubwo Guverineri wa banki nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko umuvuduko wo kuzahuka k’ubukungu muri icyo gihe wagabanutse, ugereranyije no mu mwaka ushize, ubwo hatangiraga gufatwa ingamba zo guhangana n’ingaruka za Covid-19.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa, avuga ko itumbagira ry’ibiribwa ryatewe n’umusaruro w’ubuhinzi wabaye iyanga mu bihembwe byombi by’uyu mwaka.

Ati: “Hari ikibazo cy’ikirere kitari cyifashe neza, ariko haba n’ikibazo cy’inyongeramusaruro yahenze cyane nubwo Leta yashyizemo amafaranga, ariko habayemo uko gutungurana kw’ibiciro, gutuma abantu batitabira kuyikoresha uko bisanzwe.”

- Advertisement -

Guverineri Rwangombwa avuga ko nubwo hashyirwaho ingamba, ariko zitaba zigamije gusubiza ibiciro uko byahoze.

Yatanze urugero ku musaruro w’ibirayi, aho Ikilo cyaguraga amafaranga icumi y’u Rwanda mu myaka nka 20 ishize. Ati: “Uyu munsi biri muri Magana! Nubwo tuvuga ko bizamanuka, ariko ntabwo bizongera gusubira munsi y’ijana.”

  • Abazamura ibiciro uko bishakiye bitwaje intambara yo muri Ukraine bakwiye kubihanirwa – Minisitiri Ngirente
  • Kigali : Abubatse imiturirwa ikabura abayikoreramo baratakambira Leta
  • Musanze : Abaturage barashinja WASAC kubishyuza amafaranga y’umurengera

Akomeza agira ati: “Icyo turwana nacyo, ntabwo ari ugusubiza izamuka ry’ibiciro munsi ya zeru ngo duhagarike umuvuduko ukabije. Umuvuduko uzahoraho, ariko ni ukurwana n’umuvuduko ukabije.”

Avuga ko igisubizo kitashakirwa mu kumanura ibiciro, ahubwo ko kiri mu kuba Leta iri gushyira amafaranga mu kuzamura umusaruro w’ubuhinzi, gushishikariza abahinzi gukoresha ifumbire baterera imbuto ku gihe.

Ku bijyanye n’ikoranabuhanga mu kwishyurana, BNR igaragaza ko agaciro k’ibikorwa byo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga ugereranyije n’umusaruro mbumbe, kazamutse ku gipimo kirenga 111.4% kugeza muri Kamena uyu mwaka, ugereranyije n’izamuka rya 95.5% mu gihe nk’iki umwaka ushize.

Ibi bitandukanye n’umuvuduko w’ubwitabire mu kurikoresha mbere ya Covid-19, kuko nko muri 2019 muri Kamena agaciro k’ibyo bikorwa ku musaruro mbumbe kari kuri 36.4%

Irebana na: bnr, ibiciro, umurengezi
Editor September 23, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Politiki

Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza

Hashize 1 week
Ubukungu

Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR

Hashize 1 month
Politiki

Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe

Hashize 2 months
ImiberehoPolitiki

Gakenke: Harifuzwa ko Icyari kugirwa Akarere cyabyazwa Umusaruro

Hashize 3 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?