UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma U Rwanda rwasabye u Burundi ibisobanuro ku gitero ntirurasubizwa
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Politiki

U Rwanda rwasabye u Burundi ibisobanuro ku gitero ntirurasubizwa

UMURENGEZI
UMURENGEZI
Yanditswe taliki ya 30/06/2020 saa 1:41 PM

Leta u Rwanda yandikiye iy’u Burundi isaba ibisobanuro byimbitse  nyuma y’igitero cy’abantu bataramenyekana bitwaje intwaro bateye ibirindiro by’ngabo z’u Rwanda saa sita n’iminota 20 z’ijoro rishyira ku wa 27 Kamena 2020.

Ibyo bisobanuro byasabwe Leta y’u Burundi binyuze mu nzira za dipolomasi,  ikaba yanasabwe gukurikirana no guta muri yombi abo bagizi ba nabi bahungiye muri icyo gihugu n’ubwo Ingabo za cyo (FNB) zahise zitangaza ko nta mutwe witwaje intwaro wahungiye ku butaka bw’u Burundi.

Minisiteri y’ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda yemereye itangazamakuru yangikiye Minisiteri y’ubumanyi n’amahanga y’u Burundi isaba ibisobanuro kuri icyo gitero “cyagabwe n’imitwe yitwaje intwaro yo mu Burundi.”

Yakomeje igira iti: “Guverinoma y’u Burundi yasabwe gufata ingamba zose zishoboka kugira ngo  abahamwa n’icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi, bahungiye mu Burundi, bahite bafungwa kandi bashyikirizwe ubutabera cyangwa boherezwe mu Rwanda kugira ngo ari ho basubiriza ibijyanye n’ibyo bakoze.”

- Advertisement -

Bivugwa ko ibaruwa yaraye yahise yoherezwa u Burundi nyuma y’igitero ariko ngo ntirasubizwa mu buryo yakiriwemo.

  • Abateye u Rwanda bavuye i Burundi basanganywe amandazi n’ibiyiko

Ku mugoroba w’uwo munsi, ni bwo Ingabo z’u Burundi zatangaje ko makuru yatangajwe n’u Rwanda ntaho ahuriye n’ukuri, ko nta barwanyi bahungiye ku butaka bw’u Burundi.

Itangazo ryashyizweho umukono na Col. Biyereke Floribert,Umuvugizi w’Ingabo  z’u Burundi, rigira riti: “Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Burundi buramenyesha Abarundi ndetse n’Umuryango Mpuzamahanga ko ubutaka bw’u Burundi budashobora kuba ubwihisho ku bantu bitwaje intwaro bashaka guhungabanya ABATURANYI.”

  • U Burundi bwahakanye gucumbikira abateye u Rwanda

Ibivugwa n’u Rwanda bishimangirwa n’abaturage b’u Burundi

Ingabo z’u Rwanda zivuga ko abateye u Rwanda basubiye mu Burundi nyuma yo kotswa igitutu,  ari na ho bari baturutse,  berekeza mu birindiro by’Ingabo z’u Burundi biherereye ahitwa mu Gihisi ho muri Komini Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke.

Bimwe mu bitangazamakuru byo mu Burundi byavuganye n’abaturage baturiye hafi n’umupaka, aho bivugwa ko abo barwanyi banyuze, bemeza ko biyumviye abo barwanyi beri benshi cyane babimo abavuga Ikinyarwanda.

Mu buhamya bwabo bemeza ko abo bantu bitwaje intwaro banyuze mu duce twa Ruhembe na Bumba duherereye muri Komini   Bukinanyana n’iya Gafumbegeti zo mu Ntara ya Cibitoki.

Nk’uko bitangazwa na SOS Media Burundi, abaturage bo mu Gace ka ruhembe bemeje ko batewe ubwoba no kubona abantu benshi bitwaje intwaro zirimo n’iziremereye ahagana saa kumi z’igicamunsi berekeje ku mupaka w’u Rwanda.

Amakuru icyo gitangazamakuru kemeza ko gifitiye gihamya avuga ko bamwe mu barwanyi bakomerekeye mu mirwano bafashijwe gusubira mu gihugu n’Ingabo z’u Burundi.

Umwe mu babyiboneye n’amaso yagize ati: “Abarwanyi babiri bari bakomeretse cyane batwawe n’imodoka z’igisirikare cy’u Burundi.”

Bivugwa ko iyo modoka yari itwaye inkomeye yanyuze mu muhanda Ndora-Bubanza ariko ntihamenyekanye ibitaro zajyanywemo.

UMURENGEZI June 30, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Politiki

Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika

Hashize 1 month
Politiki

Namibia yabonye Perezida mushya

Hashize 5 months
Politiki

Abayobozi biremereza bagateshuka ku nshingano bahawe gasopo

Hashize 9 months
Politiki

Rwanda: Abarimo n’abafite Ubumuga barishimira ubudasa bw’amatora ya 2024

Hashize 10 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?