UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 7 days
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Nyabihu : Aborozi barataka ibihombo baterwa n’abarinda ishyamba rya Gishwati
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Imibereho

Nyabihu : Aborozi barataka ibihombo baterwa n’abarinda ishyamba rya Gishwati

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 30/08/2020 saa 11:15 PM

Aborozi bo mu kagari ka Muhe, umurenge wa Bigogwe, mu karere ka Nyabihu bavuga ko inka zabo zishimutirwa mu nzuri cyangwa zigatemwa n’abarinda ishyamba rya Gishwati, ahanini ngo bigaterwa n’uko aba bantu bakorana n’akarere nta gihembo bahabwa.

Aba borozi bavuga ko aba barinda iri shyamba barya Ruswa kandi bagashimuta inka mu nzuri zabo bakazijyana ku murenge akaba ari byo bahemberwa, kuko ubusanzwe ngo bakora nta kindi gihembo bategereje.

Uku gukorera ku muhigo wo gufata inka nyinshi, bitewe nuko ufashe inka imwe akayijyana ku murenge wa Bigogwe ahabwa amafaranga ibihumbi icumi (10.000Frw), ngo bituma aba barinzi bakora ubugome buniganjemo akarengane, aba borozi bagasaba ko iyo mikorere yavugururwa kuko bibangamiye ubworozi bwabo.

Ugiramahirwe Jean Paul umwe mu baganiye na UMURENGEZI.COM avuga ko aherutse gutemerwa ikimasa yasabagamo ibihumbi magana arindwi (700.000Frw) by’amafaranga y’u Rwanda ariko bikarangira atayigurishije kubera ko bayitemye.

- Advertisement -

Ikimasa yari yitezemo agatubutse cyaratemwe

Ati, “Ibyambayeho biteye agahinda. Gusa icyo twifuza ni ukuduha umutekano wacu, nta mpamvu yo guhangayika kandi umuntu afite urwuri. Aho ujya mu gikuyu cyawe ugasanga umuntu afite umutarimba n’umupanga! Nibareke gusebya Igisirikari cy’u Rwanda n’Inkeragutabara cyane ko umukuru w’Igihugu cyacu ashishikariza abanyarwanda guhinga no korora kuko n’ikimenyimenyi ariwe watangije gahunda ya ‘Gira Inka’.ˮ

Undi mworozi nawe waganiye n’itangazamakuru ariko utifuje ko amazina ye atangazwa, yabwiye UMURENGEZI.COM ko uyoboye abo bashimusi ari uwitwa Kanyankore.

Ati, “Bahenga tudahari bakazijyana mu ishyamba kugira ngo babahembe. Ikimasa cya Ugiramahirwe cyatemwe kuko bashatse kukijyana kikabananira. Iyo mikorere ikwiye gukosorwa ndetse turasaba inzego bireba gukurikirana iki kibazo cyakarengane dukorerwa kandi bikozwe n’abiyita ko bakorana n’Inkeragutabara. Rwose bihesha isura mbi ingabo z’u Rwanda n’ubuyobozi bukuru bw’Igihugu muri rusange.ˮ

Ese Ubuyobozi buvuga iki kuri iki kibazo?

Gahutu Tebuka Jean Paul Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Bigogwe avuga ko hari amasezerano agena imishahara abo bantu bazajya bahembwa hagendewe ku masezerano bagiranye n’Inkeragutabara, akemeza ko bataranahembwa.

Ati, “Nibyo ntabwo barahembwa, ariko nta mpamvu batahabwa ayo mafaranga kuko akarere kagomba kubahemba byanga byakunda.”

Kuba abo bantu bakora kandi bakaba bataratangira guhembwa nibyo aborozi baheraho bavuga ko barya ruswa, bakarenganya aborozi, ndetse baba bakennye bigatuma bakora uko bashoboye kose bagashimuta inka mu nzuri zabo kugira ngo babone ikibatunga.

Habanabakize Jean Claude Umuyobozi wungirije w’akarere ka Nyabihu ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu avuga ko batakwihanganira abagira imyitwarire nk’iyo, agahamya ko bagiye gukurikirana uwo ariwe wese ubyihishe inyuma kandi ko uzafatwa azahanwa n’amategeko.

Ati, “Turakurikirana Kanyankore ku giti cye, turebe imikorere ye. Biramutse tubonye ari ukuri ko hari abantu bakura amatungo mu nzuri, icyo ngicyo cyo n’abo ngabo baba babikora twagenda tukabahana kandi tukabamerera nabi. Bose babihanirwa nk’uko amategeko abiteganya.”

Itegeko N°48/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirengera ibidukikije, rigena ko amatungo afatiwe mu ishyamba ba nyirayo bacibwa 50.000 kugeza ku 200.000Frw, naho abashimuta inyamaswa bagacibwa 1.000.000Frw ishobora kurenga ndetse hakagerekwaho n’igifungo.

Pariki y’igihugu ya Gishwati-Mukura iherereye mu misozi ya Ngororero, Rutsiro na Nyabihu mu Ntara y’Uburengerazuba, ikagira ubuso bwa Kilometero kare mirongo itatu n’enye(34km2). Yagizwe Pariki y’igihugu ya 4 mu Rwanda, inashyikirizwa Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere(RDB) tariki ya 01 Ukwakira 2019.

SETORA Janvier / Umurengezi.com

Eric Uwimbabazi August 27, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

IbidukikijeImibereho

Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka

Hashize 2 months
Imibereho

Kinigi: Abafashwaga na SACOLA basabwe kwigira

Hashize 2 months
ImiberehoPolitiki

Gakenke: Harifuzwa ko Icyari kugirwa Akarere cyabyazwa Umusaruro

Hashize 3 months
Imibereho

Musanze: Bahangayikishijwe n’inyamanswa iri gufata abagore ku ngufu

Hashize 3 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?