UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 1 week
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Nta ngingo n’imwe yatuma Dr. Pierre Damien Habumuremyi akurikiranwa n’ubutabera adafunzwe – Ubushinjacyaha
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Amakuru

Nta ngingo n’imwe yatuma Dr. Pierre Damien Habumuremyi akurikiranwa n’ubutabera adafunzwe – Ubushinjacyaha

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 29/07/2020 saa 3:48 PM

Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2020, bwabwiye itangazamakuru ko kugeza ubu nta ngingo n’imwe yatuma Dr. Pierre Damien Habumurenyi wabaye Minisitiri w’intebe w’u Rwanda akurikiranwa n’Ubutabera adafunzwe, kubera ko amadeni afitiye abantu aruta imitungo ye, kandi ngo kuba yarabaye umuyobozi mukuru ntibimutandukanya n’abandi imbere y’ubutabera.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ubushinjacyaha bukuru bwavuze ko n’ubwo iperereza rigikomeje kuri Dr. Pierre Damien Habumuremyi, ukekwaho ibyaha byo gukoresha sheki zitazigamiye ndetse n’icyaha cy’ubuhemu, batarabona ibimenyetso byaba byerekana ko hari ikindi cyaha uyu mugabo yaba yarakoze, n’ubwo umubare w’abamurega ukomeje gutumbagirana n’akayabo k’amafaranga atigeze abishyura.

Ibi, ngo bigeze ku rwego rwo kuba nawe ubwe atagaragaza aho yakura ubwishyu bwa miliyari imwe n’ibihumbi magana atanu (1,500,000,000Frw) by’amafaranga y’u Rwanda afitiye abantu bakoranye ubwo yari umuyobozi wa kaminuza ya Christian University of Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, hakiyongeraho n’ impungenge z’uko Dr. Damien aramutse arekuwe yasibanganya ibimenyetso. Izi ngo ni ingingo zikomeye ubushinjacyaha busanga zigomba gutuma aburana afunze.

Aimable Havugiyaremye umushinjacyaha mukuru wa Repubulika y’u Rwanda avuga ko Dr. Pierre Damien nta budahangarwa bundi afite bwatuma ubutabera butamukurikirana nk’abandi bakekwaho ibyaha bose.

- Advertisement -

Mu iburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, Dr. Pierre Damien Habumurenyi, yari yahakanye ibyaha yari akurikiranyweho, cyane ko ngo aya mafaranga yokereshwaga mu nyungu z’urwego yari abereye umuyobozi

Nyuma yo kumva ubwiregure bwe, urukiko rw’ibanze rwa Gasabo tariki 21 Nyakanga 2020, rwanzuye ko Dr. Pierre Damien Habumuremyi afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza rigikomeje.

Dr. Pierre Damien Habumuremyi yayoboye Guverinoma mu gihe cy’imyaka itatu n’amezi icyenda, umwanya yahawe avuye kuri Minisitiri w’uburezi nawo yari amazeho amezi atanu.

Eric Uwimbabazi July 29, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
Amakuru

Inyamanswa yari imaze iminsi ifata abagore ku ngufu yishwe

Hashize 3 months
Amakuru

Musanze: Impanuka ikomeye yabereye muri GOICO umwe ahasiga ubuzima

Hashize 4 months
Amakuru

Perezida Kagame yakoze impinduka mu Gisirikari

Hashize 4 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?