UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Niger : Abanyarwanda 8 birukanwe kubutaka bw’icyo gihugu
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Politiki

Niger : Abanyarwanda 8 birukanwe kubutaka bw’icyo gihugu

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 28/12/2021 saa 12:51 PM

Nyuma y’aho igihugu cya Niger kigiranye amasezerano n’umuryango w’Abibumbye(ONU) yo kohereza muri icyo gihugu Abanyarwanda 8 barangije igihano ndetse n’abagizwe Abere n’Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda(TPIR) rukorera Arusha muri Tanzaniya, kuri uyu Mbere tariki ya 27 Ukuboza 2021, iki gihugu cyahaye aba Banyarwanda iminsi irindwi yo kuba bavuye ku butaka bwacyo.

Abirukanwe ni Sagahutu Innocent, Mugiraneza Prosper, Nsengiyumva Anathole, Ntagerura Andre, Muvunyi Tharicisse, Nteziryayo Alphonse, Nzuwonemeye François ndetse na Zigiranyirazo Protain.

Hamadu Soule Minisitiri w’ Ubutegetsi bw’igihugu no kwegereza Abaturage Ubuyobozi muri Niger, niwe washyize Umukono ku Itangazo ryirukana abo banyarwanda ku butaka bw’icyo gihugu, gusa ntihatangazwa impamvu nyamukuru y’iryo ryirukanwa.

Abo banyarwanda uko ari 8, bageze muri iki gihugu tariki ya 06 Ukuboza 2021, nyuma y’uko Niger yari yagiranye amasezerano na ONU tariki ya 15 Ugushyingo 2021, yo kwemera kubakira bakaba ariyo bajya kuba.

- Advertisement -

Leoncie Ntagerura, umugore wa André Ntagerura yabwiye VOA dukesha iyi nkuru ko ababajwe cyane n’iki cyemezo cyafatiwe aba banyarwanda barimo n’umugabo we.

Agira ati, “Natunguwe no kumva ko birukanwe na Niger kandi yari yagiranye amasezerano na ONU. Bari bumvikanye ko bazahamara umwaka umwe ONU ariyo ibitaho, nyuma bakirwanaho. Ikindi kandi nta gihugu na kimwe babamenyesheje ko bazerekezamo usibye kuvuga ko babirukanye gusa!”

Imiryango y’ababaye abere bamaze kuburana kimwe n’abarangije ibihano byabo, irasaba ko bakoherezwa i La Haye mu Buholandi ku Rukiko Mpanabyaha rwashyiriweho uRwanda cyangwa se bagahabwa imiryango yabo aho iri hose ku isi.

Emmanuel DUSHIMIYIMANA December 28, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Politiki

Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika

Hashize 1 month
Politiki

Namibia yabonye Perezida mushya

Hashize 5 months
Politiki

Abayobozi biremereza bagateshuka ku nshingano bahawe gasopo

Hashize 9 months
Politiki

Rwanda: Abarimo n’abafite Ubumuga barishimira ubudasa bw’amatora ya 2024

Hashize 10 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?