UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 1 week
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma MINALOC yashyize ahagaragara amabwiriza ajyanye n’ifungurwa ry’insengero
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Amakuru

MINALOC yashyize ahagaragara amabwiriza ajyanye n’ifungurwa ry’insengero

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 05/07/2020 saa 11:27 AM
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) yashyize ahagaragara amabwiriza ajyanye n’ifungurwa ry’insengero hashingiwe ku myanzuro y’inama iyo Minisiteri yagiranye n’Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda (RIC) yabaye ku itariki ya 5 Kamena 2020.

Hashingiwe ku nyandiko yo ku wa 22 Kamena 2020 yateguwe n’abagize Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero ikubiyemo imyiteguro ibanziriza ifungurwa ry’insengero. Hanashingiwe ku ngamba zashyizweho n’Inzego z’Ubuzima mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo Koronavirusi (COVID-19).

Hashyizweho amabwiriza akurikira, agomba kubahirizwa mu kwitegura ifungurwa ry’Insengero n’Imisigiti mu gihe cya COVID-19:

Ahasengerwa ni ahasanzwe habera amateraniro kandi hujuje ibisabwa n’amategeko mu Rwanda; Ahasengerwa hazabanza kugenzurwa n’itsinda rishinzwe kwemeza ko hujuje ibisabwa mu kwirinda Koronavirusi; rigizwe n’inzego zikorera ku Murengeaho urusengero ruri n’abahagarariye Itorero/ Idini/Kiliziya bikemezwa n’Inzego z’Akarere.

Buri rusengero/Umusigiti rusabwa kugira itsinda ry’abakorerabushake babihuguriwe kugira ngo bafashe abasenga kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi .

- Advertisement -

Umunsi ubanziriza guterana kwa mbere, ubuyobozi bw’ahasengerwa hamwe n’itsinda ry’abakorerabushake babihuguriwe bahurira ku rusengero bakareba ko ibinyu byose biri mu buryo.

Iminsi yose y’amateraniro bahagera mbere y’abandi. Hagomba gushyiraho uburyo bwo gukaraba intoki (kandagirukarabe, isabune n’amazi meza/ handsanitizers). Ahantu mu rusengero bicara hagashyirwa ikimenyetso ku mwanya uticarwaho kandi hakaba hari nibura metero imwe n’igice (1,5) hagati y’umuntu n’undi.

Abasengera bose bambara udupfukamunwa mu bihe by’amateraniro. Buri rusengero rugabanya umubare w’abantu bayobora indirimbo hubahirizwa intera nini cyane (nibura metero 2) kandi mu gihe baririmba bambara agapfukamunwa. Abasenga bamenyeshwa hakurikijwe gahunda igena itsinda riza gusenga muri iryo teraniro.

Abakorerabushake bandika imyirondoro y’abaje gusenga hagaragazwa aho bavuye, nomero ya terefone n’aho batuye. Gusukura inyubako isengerwamo mbere na nyuma yo guterana.Iteraniro rimwe ntirigomba kurenza amasaha 2.

Abagiye gusenga bazajya bateganya nibura isaha hagati y’amateraniro abera mu cyumba kimwe kugira ngo haboneke umwanya wo gusukura.

Gusubukura amateraniro amwe gusa kumunsi umuryango usengeraho yemewe guhera saa kumi n’ebyiri za mugitondo kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Abana bafite hejuru y’imyaka cumi n’ibiri (12) kugeza kuri cumi n’umunani (18) y’ubukure bemerewe gusenga bari kumwe n’ababyeyi babo.

Eric Uwimbabazi July 2, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
Amakuru

Inyamanswa yari imaze iminsi ifata abagore ku ngufu yishwe

Hashize 3 months
Amakuru

Musanze: Impanuka ikomeye yabereye muri GOICO umwe ahasiga ubuzima

Hashize 4 months
Amakuru

Perezida Kagame yakoze impinduka mu Gisirikari

Hashize 4 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?