UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 7 days
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Kamonyi : Umukozi w’Umurenge yaguwe gitumo asambana n’umugore utari uwe
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
AmakuruImibereho

Kamonyi : Umukozi w’Umurenge yaguwe gitumo asambana n’umugore utari uwe

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 21/04/2022 saa 3:04 PM

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 21 Mata 2022, ahagana saa cyenda z’ijoro nibwo mu Karere ka Kamonyi umukozi w’Umurenge wa Nyamiyaga ushinzwe imibereho myiza y’abaturage (SEDO), yafatiwe rugo rw’abandi yiha akabyizi ku mugore utari uwe, mu kagari ka Kabashumba, Umudugudu wa Ruyumba.

Ibi bikimara kuba, impande zombi zananiwe kumvikana ngo uwafashwe atange amafaranga yasabwaga n’uwari ubaguye gitumo byemezwa ko ari umugabo we ariko nawe babana mu buryo budakurikije amategeko, birangira hitabajwe ubuyobozi.

Aya makuru yemezwa na bamwe mu baturage b’aho ibi byabereye, akanashimangirwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamiyaga, avuga ko uwafashwe yashyikirijwe Polisi ngo inzego zibishinzwe zirebe icyo amategeko ateganya.

Mudahemuka Jean Damascene Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, yabwiye UMURENGEZI ko icyo bakoze nk’ubuyobozi aba bombi bashyikirijwe inzego za Polisi mu rwego rwo gutanga Umutekano.

- Advertisement -

Ati, “Icyo twakoze nk’Ubuyobozi bw’Umurenge, twabashyikirije inzego za Polisi, kugira ngo dutange umutekano w’Abaturage, hanyuma uwaba afitemo inyungu wese abe yatanga ikirego.”

Uyu muyobozi, abaye uwa Kabiri ufatiwe ku mugore utari uwe mu gihe kitagera ku byumweru bibiri muri aka Karere, nyuma y’uko hari undi Mukuru w’Umudugudu mu Murenge wa Kayenzi, nawe nyir’urugo yasanze ku mugore we, ariko bo bakaba barahise babikemura, nyuma yo kugira ibyo bumvikana mu nyandiko bijyanye n’amafaranga yamuciye.

Irebana na: umurengezi
Emmanuel DUSHIMIYIMANA April 21, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

IbidukikijeImibereho

Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka

Hashize 2 months
Imibereho

Kinigi: Abafashwaga na SACOLA basabwe kwigira

Hashize 2 months
Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
ImiberehoPolitiki

Gakenke: Harifuzwa ko Icyari kugirwa Akarere cyabyazwa Umusaruro

Hashize 3 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?