UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Musanze : Hibazwiki aratabaza nyuma y’imyaka irenga itanu we n’umuryango we banyagirirwa mu nzu
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imibereho

Musanze : Hibazwiki aratabaza nyuma y’imyaka irenga itanu we n’umuryango we banyagirirwa mu nzu

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 18/07/2020 saa 12:28 PM

Hibazwaki Dawidi umugabo wimyaka 40 utuye mu mu karere ka Musanze, Umurenge wa Cyuve, Akagari ka Buruba, umudugudu wa Ruhindinka aratabaza Leta nyuma yimyaka irenga itanu we numuryango we banyagirirwa mu nzu.

Uyu mugabo ufite umugore n’abana batanu(umukuru ufite imyaka 6, umuto akagira imyaka 2 y’amavuko), unabarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe, avuga ko yibaza impamvuu adatuzwa nk’abandi banyarwanda, bityo agasaba ko yakorerwa ubuvugizi ku nzego zibishinzwe.

Mu kuganiro yagiranye na Umurengezi.com avuga ko yabanje kugira umugore wa mbere, akaza kwitaba Imana amusigiye abana babiri(2), nyuma akaza gushaka undi mugore kuri ubu bafitanye abana batatu(3) bose hamwe bakaba ari abana batanu.

N’agahinda kenshi ati, “Ubuzima tubayemo burankomereye cyane, imvura iyo iguye njya gucumbika mu baturanyi kubera ko ntaho kwikinga mfite nk’uko mubibona iyi ngirwa nzu byitwa ko duhengekamo umusaya murabona ko irutwa na Nyakatsi, niyo mpamvu nsaba Leta ko yagira icyo inkorera nkakira uyu muruho ndimo.ˮ

- Advertisement -

Inzu babamo iyo imvura iguye bajya kugama mu baturanyi

Bamwe mu baturanyi be bavuga ko batewe agahinda n’uburyo uyu muryango ubayeho, kuko ngo akenshi unaburara(umuryango) kubera kubura amikoro.

Umwe muri bo utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati, “Reba nk’ubu uriya mwana mukuru ntiyiga kubera ko atabasha kumurihira ishuri n’ibindi bikoresho bisabwa nk’iniforume(Uniform), amakayi n’ibindi. Leta irebe uko yamufasha rwose kuko barakomerewe.ˮ

Ufitinema Petronile uyobora umudugudu wa Ruhindinka uyu muryango ubarizwamo, avuga ko yagerageje gukora raporo kenshi z’uburyo bwo gufasha uyu muryango, yewe ngo hari nizo yohereje ku murenge, ariko ntibagire icyo babikoraho.

Abajijwe kuri iki kibazo, Bisengimana Janvier Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyuve yavuze ko ntacyo azi, asaba ko habazwa umuyobozi w’akarere ka Musanze kuko we ngo iyo raporo ntayo aragezwaho.

Nuwumuremyi Jeannine umuyobozi w’akarere ka Musanze avuga ko ikibazo atakizi ariko ngo bagiye kugikurikirana mu maguru mashya, ndetse ngo mu minsi ya vuba kizaba cyabonewe umuti.

Eric Uwimbabazi July 18, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

AmakuruImibereho

Musanze: Batewe impungenge n’insinga z’amashanyarazi zishobora kubambura ubuzima

Hashize 9 months
Imibereho

Rubavu: Abasigajwe inyuma n’amateka barashima Idini ryabafashije kugira isuku

Hashize 1 year
ImiberehoUbuzima

Gisagara: “Nta muturage n’umwe ukirwaye amavunja” – Vice Mayor

Hashize 1 year
Imibereho

Musanze: Arashakishwa nyuma yo gusambura inzu abamo

Hashize 1 year

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?