UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 weeks
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 4 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma USA : Abapolisi 7 bahagaritswe mu kazi bazira urupfu rw’umwirabura wapfuye mu buryo busa n’ubwa George Floyd
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Amakuru

USA : Abapolisi 7 bahagaritswe mu kazi bazira urupfu rw’umwirabura wapfuye mu buryo busa n’ubwa George Floyd

UMURENGEZI
UMURENGEZI
Yanditswe taliki ya 04/09/2020 saa 9:03 AM

Abapolisi barindwi ba Leta zunze ubumwe za Amerika bahagaritswe mu kazi nyuma y’urupfu rw’umwirabura w’umugabo utari ufite intwaro wananiwe guhumeka nyuma yo gupfukwa ikintu.

Daniel Prude, wari ufite ibibazo byo mu mtwe, yapfuye nyuma y’uko ashyizweho ikintu cyo kumubuza gucira, ubusanzwe kirinda abapolisi ubwabo kugerwaho n’amacandwe y’abo bafashe.

Lovely Warren ukuriye agace ka Rochester muri leta ya New York yavuze ko ari irondabwoko ryaganishije kuri urwo rupfu.

Prude yapfuye muri Werurwe, ariko uko yapfuye byamenyekanye mu minsi ishize bisabwe n’abaturage.

- Advertisement -

Uyu mugabo wari ufite imyaka 41 yapfuye amezi abiri mbere y’iyicwa rya George Floyd, ryateje imyigaragambyo ikomeye yamagana urugomo rw’abapolisi muri Amerika.

Uburyo Prude yafashwe busa n’uko byakozwe kuri Floyd, bombi batsikamiwe hasi n’abapolisi.

Guhagarika abapolisi barindwi ni icya mbere gikozwe ku rupfu rwa Bwana Prude. Amasezerano avuga ko bazakomeza guhembwa muri iki gihe bahagaritswe, kuko batirukanwe mu kazi.

Lovely Warren yabwiye abanyamakuru ejo kuwa kane tariki ya 03 Nzeri 2020 ati: “Mpagaritse abapolisi bavugwa, kandi nsabye umushinjacyaha mukuru kwihutisha iperereza.”

Yakomeje ati: “Igipolisi cyacu cyananiwe gufasha Daniel Prude, kimwe n’inzego z’ubuvuzi bwo mu mutwe, sosiyete yacu, nanjye ubwanjye.”

Yongeyeho ko urupfu rwe ari ikimenyetso  cy’uko ibibazo by’irondaruhu byabagaho kera, ari nabyo bikigaragara uyu munsi.

Uyu muyobozi yanenze Bwana La’Ron Singletary ukuriye abapolisi muri aka gace kuba ataramubwiye ukuri ku byabaye.

Ibyabaye kuri Prude byamenyekanye kuwa gatatu ubwo amashusho ya camera iba iri ku myambaro y’umupolisi yatangazwaga, nyuma y’igihe kinini bisabwa n’abaturage.

Madamu Warren yavuze ko ibyo yabonye ku mashusho bitandukanye cyane n’ibyo ukuriye abapolisi yamubwiye ko Prude yishwe n’ibiyobyabwenge birengeje.

Warren ariko ntiyavuze niba hari ibihano byafatiwe La’Ron Singletary ukuriye igipolisi muri ako gace.

Kuwa gatatu, Singletary yahakanye ko yagerageje guhishira imenyekana ry’ibyabaye igihe Daniel Prude yafatwaga.

Andrew Cuomo, uyobora leta ya New York yasabye ko iki kibazo cyihutishwa kandi kirangizwa vuba.

UMURENGEZI September 4, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

MINEMA yatanze impuruza ku kibazo cy’Ibiza

Hashize 5 months
AmakuruImibereho

Musanze: Batewe impungenge n’insinga z’amashanyarazi zishobora kubambura ubuzima

Hashize 9 months
Amakuru

Umuhanzikazi Valentine wamenyekanye nka ‘Dorimbogo’ yapfuye

Hashize 10 months
Amakuru

AS Kigali yatumije Inteko Rusange idasanzwe

Hashize 10 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?