UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Trump yashyigikiye kwambara agapfukamunwa nyuma y’iminsi myinshi abirwanya
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Politiki

Trump yashyigikiye kwambara agapfukamunwa nyuma y’iminsi myinshi abirwanya

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 02/07/2020 saa 9:33 AM

Perezida Donald Trump wakunze kurwanya kwambara agapfukamunwa mu ruhame aho bidashoboka guhana intera, yavuze ko ntacyo byamutwara kukambara kubw’impamvu runaka ndetse adatewe ipfunwe no kugaragara akambaye.

Gusa Trump yakomeje kuvuga ko kwambara agapfukamunwa bitagomba kuba ihame mu kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus muri Amerika, icyakora yemeza ko ashyigikiye ko abantu bakambara kuko atekereza ko ari keza.

Kuri uyu wa Gatatu ubwo yari abajijwe na Fox Business, niba ashobora kwambara agapfukamunwa, Perezida Trump yavuze ko yabikora mu gihe yaba ari mu bantu bidashoboka gushyiramo intera.

Trump yagize ati “Mu by’ukuri, nambaye agapfukamunwa. Kari kameze neza. Kari umukara…niba abantu baba bumva bameze neza igihe bakambaye, bagomba kubikora”.

- Advertisement -

Trump ntiyigeze agaragara yambaye agapfukamunwa kuva muri Mata ubwo ikigo gishinzwe kurwanya indwara cyatangaza amabwiriza mashya yo kwirinda Coronavirus, aho cyashishikarizaga abantu kwambara agapfukamunwa kuko guhana intera bitakiri uburyo bw’ibanze bwo kwirinda.

Icyo gihe Trump yavuze ko atiteguye kukambara kuko kubikora ari icyemezo cy’umuntu ku giti cye. Yakunze kuvuga ko atiyumvisha uko abantu bakomeye nka Perezida, Minisitiri w’Intebe, abami n’abamikazi bakwambara udupfukamunwa.

Muri Gicurasi ubwo Trump yasuraga uruganda i Michigan, yambaye agapfukamunwa ariko yagakuyemo mbere yo guhura n’itangazamakuru kuko atifuzaga ko hari umubona.

Perezidansi ya Amerika yakunze kumushyigikira ku cyemezo cyo kurwanya agapfukamunwa ivuga ko buri wese uhura na Trump aba yasuzumwe kenshi icyorezo cya Coronavirus, kandi na we asuzumwa.

Trump yongeye kwemeza ko ubwandu buzashira muri Amerika, ni mu gihe yashyizeho agahigo ko kugira abantu ibihumbi 52 banduye Coronavirus mu munsi umwe.

Amagambo ya Trump ku kwambara agapfukamunwa akurikiye ubusabe bw’umwe mu bo mu ishyaka ry’aba-Republicains, wamusabye kukambara ngo atange urugero.

Kugeza ubu muri Amerika hamaze kwandura abantu bagera hafi kuri miliyoni 2.7, abarenga ibihumbi 128 bamaze gupfa.

Eric Uwimbabazi July 2, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Politiki

Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika

Hashize 1 month
Politiki

Namibia yabonye Perezida mushya

Hashize 5 months
Politiki

Abayobozi biremereza bagateshuka ku nshingano bahawe gasopo

Hashize 9 months
Politiki

Rwanda: Abarimo n’abafite Ubumuga barishimira ubudasa bw’amatora ya 2024

Hashize 10 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?