UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 5 days
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 month
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 2 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 2 months
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 4 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Rwanda: Imyitozo yo guhangana na Ebola irarimbanyije
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
AmakuruUbuzima

Rwanda: Imyitozo yo guhangana na Ebola irarimbanyije

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 06/11/2022 saa 9:17 AM

N’ubwo mu Rwanda hataragera icyorezo cya Ebola, mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda kimaze guhitana abantu 19, ndetse hari n’Uturere tubiri twashyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo, mu rwego rwo kugerageza gukumira ikwirakwira ryacyo.

Ni muri urwo rwego, Urwanda rukomeje kugaragaza ko rwiteguye guhangana n’iki cyorezo, mu gihe cyaba kihageze, ndetse abaganga bakaba bakora umwitozo-ngiro w’uko bakwita ku barwayi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ukwakira, umwitozo-ngiro wakorewe mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal, nyuma y’uko ukorewe no mu bindi bitaro byo mu bice bitandukanye birimo n’ibya Gisenyi byegereye ku mupaka w’Urwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (DRC).

Abaganga bagaragaje uko bakwakira umurwayi ufite ibimenyetso cyangwa ukekwaho kiriya cyorezo, uko bamwitaho, birinda kandi barinda n’abandi bagannye ibitaro, uko yashyirwa mu kato agapimwa, byagaragara ko yanduye akoherezwa mu bindi bitaro byateganyijwe kuvurirwamo abanduye icyorezo.

- Advertisement -
  • Nyuma y’imyaka 10, Ebola yongeye kugaragara muri Uganda
  • Guinea : Ebola yahitanye 3 abandi 5 bayisangwamo

Dr. Nkeshimana Menelas uri mu itsinda ry’abaganga biteguye guhangana na Ebola igihe yaba igeze mu Rwanda, akaba ashinzwe ibijyanye n’imivurire y’umurwayi, avuga ko umwitozo ari kimwe mu by’ingenzi bigomba gukorwa mu guhangana n’icyorezo cya Ebola.

Mu kiganiro n’itangazamakuru yagize ati: “Iyo twitegura guhangana n’icyorezo cya Ebola, tureba ibijyanye n’abakozi tugomba gukorana na bo mu Rwanda hose, mu bitaro bya Leta n’ibyigenga, tureba umwanya bagomba kuvurirwamo. Ntabwo abarwayi babavurira nk’aho bavurira abandi, kuko ari indwara yandura, baba bakeneye kujya mu kato. Tureba n’ibijyanye n’itumanaho hagati y’inzego.”

Asobanura ko kuva Uganda yatangaza ko kiriya cyorezo gihari, hari byinshi byakozwe byo guhangana na cyo, birimo kumenya abava mu turere dutanu twavuzwe muri kiriya gihugu, turimo Ebola, kumenya abaza bafite ibimenyetso, bakekwaho kuba bayifite.

Hari kandi n’ibikoresho byifashishwa birimo imyambaro yabugenewe, ikoreshwa ku ndwara zandura, imiti n’ibijyanye no kurinda abaturage, kuko baba bakeneweho ubufatanye no kudacika igikuba.

Ati: “Ibyo byose tubikusanyiriza hamwe mu myitozo nk’iyi, kuva umurwayi aje kugera aho agomba kuvurirwa.”

Dr. Nkeshimana kandi avuga ko mu gihe haba habonetse abarwayi ba Ebola, bajyanwa kuvurirwa mu Bitaro bya Nyamata, ari byo byateganyijwe kugeza ubu. Gusa ngo mu gihe bakwiyongera, hagenda hategurwa n’ahandi bavurirwa.

Ati: “Bitewe n’uko umurwayi ashobora kubonekera ahantu hose, bisaba ko buri bitaro byitegura, bakamenya aho bashyira ufite ibimenyetso. Umuntu ashobora kuza arwaye, akavanwa mu bandi, ariko anahabwa ubuvuzi, kuko utabikoze ashobora kuhasiga ubuzima. Ufite umuriro, ukeneye serumu n’ibindi, kuko abarwayi ba Ebola baba baruka cyane bakagira n’impiswi ku buryo bahita bazahara. Nyuma ajyanwa aho agomba kuvurirwa, kuko ashobora kurwara igihe kirekire.”

Si ubwa mbere Uganda yibasiwe na Ebola, ariko igihe cyakabije kurusha ikindi ni icyo mu mwaka wa 2000, aho icyo cyorezo cyahitanye abasaga 200. Icyorezo cyaherukaga vuba aha muri icyo gihugu, cyahitanye abantu 29 muri 63 cyagaragayeho.

Irebana na: ebola, home, Rwanda, Ubuzima, Uganda, umurengezi
Eric Uwimbabazi October 17, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Utuntu n'utundi

Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye

Hashize 5 days
Utuntu n'utundi

Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?

Hashize 1 month
Politiki

Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika

Hashize 2 months
Ibidukikije

Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza

Hashize 2 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?