UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 weeks
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 2 months
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 4 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Rayon Sports yatandukanye n’abakinnyi Batanu
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

Rayon Sports yatandukanye n’abakinnyi Batanu

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 30/05/2024 saa 12:18 PM

 

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko Youssef Rharb, Mvuyekure Emmanuel, Alon Paul Gomis, Hategekimana Bonheur na Alsény Camara Agogo bari muri benshi basoje amasezerano, aho yafashe icyemezo cyo kutazakomezanya nayo.

 

Ibi iyi kipe yabitangarije  mu itangazo iyi kipe yashyize hanze kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Gicurasi 2023, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

- Advertisement -

Iyi kipe yambara Ubururu n’Umweru ni imwe mu makipe atarahiriwe n’umwaka w’imikino wa 2023-24, aho yabuze ibikombe bibiri mu bikomeye bikinirwa mu Rwanda harimo Shampiyona ndetse n’icy’Amahoro.

Ibyo byatumye itekereza ku kuvugurura imyanya imwe n’imwe cyane ko benshi mu bakinnyi yakoreshagaho bari bararangije amasezerano.

Youssef Rhab we yagarutse muri Gikundiro muri Nyakanga afitiwe icyizere cyinshi n’abafana ba Rayon Sports gusa umusaruro bari bamwitezeho si wo yatanze, uretse ko imvune n’urwego rwe rwari rwarasubiye inyuma byatumye atabona umwanya uhoraho muri iyi kipe.

 

Abandi bakinnyi barimo Umurundi Mvuyekure Emmanuel wakinaga mu kibuga hagati, rutahizamu ukomoka muri Sénégal, Paul Alon Gomis, umunyezamu wa gatatu wayo Hategekimana Bonheur n’Umunya-Guinée Conakry, Alsény Camara Agogo.

Rayon Sports itegerejweho gushora akayabo ku isoko ry’abakinnyi, dore ko kugeza ubu ifite abakinnyi umunani gusa bakiyifitiye amasezerano.

 

 

Alsény Camara ntakiri umukinnyi wa Rayon Sports
Youssef Rharb yamaze gutandukana na Rayon Sports
Paul Gomis ari batazakomezanya na Gikundiro
Mvuyekure Emmanuel ari mu bo ikipe itazagumana

Hategekimana Bonheur yatandukanye na Rayon Sports

Muhire Jimmy Lovely May 30, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 7 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 7 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 7 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 7 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?