UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 1 week
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Musanze : Impungenge ni zose ku batuye n’abakorera iruhande rw’Uruganda rwa Kigali Farms
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
AmakuruUbuzima

Musanze : Impungenge ni zose ku batuye n’abakorera iruhande rw’Uruganda rwa Kigali Farms

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 10/08/2021 saa 10:38 AM

Abaturage baturiye ndetse n’abakorera iruhande rw’Uruganda rutunganya rukanakora Ibihumyo ruzwi ku izina rya ‘Kigali Farms’ ruherereye mu murenge wa Gacaca, mu karere ka Musanze, bavuga ko bafite impungenge z’umunuko ukabije uturuka ku ifumbire y’urwo ruganda.

Ibi, bitangajwe nyuma y’aho umunuko ukabije uturuka ku bisigazwa by’Uruganda ndetse n’ikorwa ry’ifumbire ubasanga mu ngo zabo, bakagira impungenge ku ndwara ziterwa n’umwanda bakeka ko zishobora kubibasira biturutse ku bikorwa by’uru ruganda.

Ahishakiye umwe muri aba baturage agira ati, “Tubangamiwe n’umunuko ndetse n’imibu bituruka mu bizenga by’amazi akoreshwa mu gukora ifumbire. Iyo umuntu atuze umubi(kwijuta) hazamuka umunuko! n’iyo ngiye kwa muganga bakansangamo Malariya mpita nkubita agatima ku bizenga by’amazi biri mu ruganda nkeka ko ariho imibu iyikwirakwiza yororokera.”

Ntihuga Oscar, Umuyobozi w’uru ruganda avuga ko iki kibazo bakizi, ndetse ko bagiye kugishakira igisubizo kirambye. Ati, “Tugiye gushaka igisubizo haterwa indabo ziyungurura umwuka nk’Imigano ndetse dushake uko twakwimura aba baturage aho bishoboka.”

- Advertisement -

Rucyahana Mpuhwe Andrew umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, avuga ko bari gusuzumana ubushishozi iki kibazo ngo barebe ko imyuka ituruka mu ruganda koko niba igira ingaruka ku baturage ndetse niba amasezerano yasinywe n’uru ruganda yubahirizwa.

Agira ati, “Turimo gusuzumana ubushishozi ngo turebe niba amasezerano uruganda rwa Kigali Farms yagiranye na RDB ndetse na REMA yubahirizwa uko bikwiye.”

Uruganda rwa Kigali farms rukora rukanahinga imigina y’Ibihumyo bigurishwa ku masoko yo mu Rwanda no mu mahanga, rwatangiye gukorera mu Rwanda guhera muri 2010, rukaba rufite amashami atandukanye hirya no hino mu gihugu.

Emmanuel DUSHIMIYIMANA August 10, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
Amakuru

Inyamanswa yari imaze iminsi ifata abagore ku ngufu yishwe

Hashize 3 months
Ubuzima

Musanze: Isuku yagizwe inkingi ya mwamba mu guhashya igwingira

Hashize 4 months
Ubuzima

Icyorezo cya Covid-19 cyabonewe umuti

Hashize 4 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?