UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 7 days
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Imirambo 3 y’abantu bataramenyekana yasanzwe ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Amakuru

Imirambo 3 y’abantu bataramenyekana yasanzwe ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi

UMURENGEZI
UMURENGEZI
Yanditswe taliki ya 10/07/2020 saa 5:11 PM
Imirambo itatu y’abantu bataramenyekana yabonywe ku butaka bw’u Rwanda muri metero nkeya uvuye ku mupaka warwo n’u Burundi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.

Ubuyobozi buvuga ko iyi mirambo ari iy’abasore bari hagati y’imyaka 25 na 30, imeze nk’iy’abantu bakomerekejwe bakava amaraso, yabonywe mu kagari ka Nemba, Umurenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera.

Babonywe n’Inkeragutabara zatemaga ibihuru hafi y’imbibi z’u Rwanda n’u Burundi. Iyi mirambo yajugunywe nibura muri metero eshanu uvuye ku ruhande rw’u Burundi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rweru, Oscar Murwanashyaka, yabwiye itangazamakuru ko ibimenyetso byose byerekana ko iyo mirambo yavuye mu Burundi.

Ati “Hari ibimenyetso bifatika by’aho imibiri yakuruwe ivanwa ku ruhande rw’u Burundi mbere y’uko ijugunywa muri metero nkeya ku butaka bw’u Rwanda”.

- Advertisement -

Yavuze ko iyi mibiri bayibonye ahagana saa mbili z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Nyakanga 2020, yongeraho ko iyo mibiri yari yambaye ubusa buriburi, kikaba ari ikimenyetso gifatika cy’uko hari uwageragezaga guhisha ko hagira ubamenya.

Ati “Nta kintu na kimwe kibaranga bafite”.

Ababashije kubona iyi mirambo bavuga ko yari itarangirika ndetse bishoboka ko aba bantu bishwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, hanyuma ikajugunywa hariya mbere y’uko bucya.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yemeje aya makuru avuga ko amatsinda y’iperereza yahageze ngo basuzume inzira byanyuzemo ngo iyi mibiri ibe iri mu Rwanda.

Nyuma yo kurangiza gusesengura ibyabaye, imibiri yajyanywe mu bitaro bya Nyamata ngo ikorerwe isuzuma.

Ntabwo ari ubwa mbere habonetse imibiri mu buryo bw’amayobera ifite inkomoko mu Burundi, ikajugunywa mu gace ko ku mupaka buhuriyeho n’u Rwanda.

Murwanashyaka avuga ko hari ibikorwa nk’ibi byagiye biba, aho abantu bishwe mu Burundi hanyuma imibiri yabo ikajugunywa mu Rwanda cyangwa igashyirwa hafi y’umupaka warwo.

Muri 2014 imirambo ibarirwa muri mirongo yabonywe ireremba mu kiyaga cya Rweru nyuma biza kuboneka ko ari Abarundi biciwe mu Burundi, nubwo nyuma Umushinjacyaha Mukuru w’u Burundi yabwiraga itangazamakuru ko ari iy’abanyarwanda.

Murwanashyaka yavuze ko abaturage baturiye umupaka bakangurirwa gutanga amakuru ku kintu kidasanzwe kibaye aho batuye, kugira ngo ubuyobozi bukorane nabo gikemuke.

UMURENGEZI July 10, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
Amakuru

Inyamanswa yari imaze iminsi ifata abagore ku ngufu yishwe

Hashize 3 months
Amakuru

Musanze: Impanuka ikomeye yabereye muri GOICO umwe ahasiga ubuzima

Hashize 4 months
Amakuru

Perezida Kagame yakoze impinduka mu Gisirikari

Hashize 4 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?