UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Wisdom School irasaba Ababyeyi kugira Amahitamo ahamye ku Burezi bw’Abana babo
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Uburezi

Wisdom School irasaba Ababyeyi kugira Amahitamo ahamye ku Burezi bw’Abana babo

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 30/09/2023 saa 1:37 PM

Ubuyobozi bwa Wisdom School burasaba Ababyeyi kugira Ubushishozi mu guhitiramo abana aho bakwiye kuvoma ubumenyi butajegajega, kuko ari byo bigena ahazaza n’imibereho ihamye y’ababakomokaho.

Nduwayesu Elie, Umuyobozi w’iri shuri, nyuma yo kwemererwa kwigisha Ishami ry’Ubuforomo muri Wisdom, avuga ko kuba bigaragarira buri wese ko hari icyuho mu Buforomo yaba mu Rwanda no ku Isi, ari igihe cyiza cyo kuba Ababyeyi bakwiye kutajijinganya mu kuzana abana babo muri Wisdom kuhavomera Ubumenyi.

Agira ati, “Wisdom ni Ishuri ritanga Uburere n’uburezi bifite ireme. Gahunda yacu rero ni ukugeza ku batugana icyo batwifuzaho, hashingiwe ku cyerekezo Leta y’u Rwanda ifite cyo guteza imbere Uburezi bufite ireme, no kwihutisha iterambere binyuze mu gushyira mu bikorwa icyo wize. Ndasaba Ababyeyi rero gushyira imbaraga mu kutuzanira abana babo bakavoma ubwo bumenyi yaba mu ishami rishya ry’Ubuforomo twahawe, ndetse no mu yandi atandukanye dusanzwe dufite.”

Nta kirara kiba muri Wisdom School

Nduwayesu kandi avuga ko kuba Wisdom School ari ishuri rifite Intego yo gutegurira abana b’uRwanda ubuzima n’igeno rihamye, nta kirara kibarizwa muri iri shuri.

- Advertisement -

Ati, “Nta birara biba muri wisdom school. N’ubwo yaza ari cyo, asanga Isi arimo itamwemerera gukomeza uko yari asanzwe yitwara, agahitamo guhinduka. Umwana uri muri wisdom ahabwa uburere n’uburezi mpuzamahanga, bituma aho yahabwa Ikizamini aho ariho hose ku Isi adatsindwa. Tugerageza kandi no kokorohereza ababyeyi, ku buryo ntawe ushobora gucikanwa no kuba umwana we yavoma ubumenyi iwacu, abibujijwe n’ubushobozi buke. Uwishoboye n’utishoboye bose turabakira.

Nk’ubu tugiye kugirana amasezerano na Kaminuza ya ‘Princeton’ yo muri Amerika, ku buryo umwana urangije muri Wisdom azajya ajya kuyikomerezamo nta nzitizi, kandi ni iya kane ku rwego rw’isi. Undi mwihariko udasanzwe, mu gihe kitarambiranye, Wisdom School izaba yemerewe gukoresha ibizamini mpuzamahanga ku buryo umwana watsinze, Kaminuza zose zo ku isi zizajya zimutanguranwa kubera ko amanota ye azajya aba ari muri sisiteme ya za Kaminuza zose ku isi.”

Nduwayesu Elie, Umuyobozi wa Wisdom School

Akomeza agira ati, “Wisdom hari amahirwe menshi cyane ko twamaze kwemerwa nk’ishuri mpuzamahanga, bivuze ko umwana wese uje atugana azaba afite amahirwe menshi yo kuba mu Rwanda no hanze yarwo nka Amerika, Canada, Ubwongereza , Australia n’ahandi hose ku isi.”

Usibye Ubuforomo(Associate Nursing Program) nk’Ishami rishya ryahawe iri shuri, Wisdom school kandi ifite andi mashami atandukanye nka MCB, PCB, MPC, PCM, MPG, MCE, MEG n’Ibaruramari(Accounting), aho igipimo cy’imitsindishirize mu byiciro byose ari 100% kandi bagatsindira ku manota yo hejuru.

Wisdom School kandi ifite amashami atandukanye hirya no hino mu gihugu, nka Musanze, Burera, Nyabihu, Rubavu, Kanzenze, Rubengera(Karongi), Nyamasheke, Runda(Kamonyi), Muyumbu na Fumbwe(Rwamagana), Kayonza, Kiramuruzi na Kabarore, ukeneye ubundi busobanuro ukaba wahamagara Ubuyobozi bw’iri shuri kuri 0788237395 cyangwa 0788478469.

Wisdom School yiteguye gutanga Uburezi bufite ireme mu ishami ry’Ubuforomo yahawe

Wisdom School imaze imyaka 15 itanga uburezi bufite ireme

Irebana na: home
Eric Uwimbabazi September 30, 2023
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Utuntu n'utundi

Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?

Hashize 1 week
Politiki

Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika

Hashize 1 month
Ibidukikije

Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza

Hashize 1 month
Ubuzima

Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi

Hashize 3 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?