UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 1 week
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Umutoza wa Rayon Sports n’uwari umwungirije beguye
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Imikino

Umutoza wa Rayon Sports n’uwari umwungirije beguye

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 19/03/2022 saa 9:51 AM

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 16 Kamena 2021, Umutoza mukuru w’ikipe ya Rayon Sports FC Guy Bukasa, yeguye ku mirimo ye, nyuma yo gutsindwa na APR FC igitego 1-0.

Ibi byabaye nyuma y’umukino wahuje aya makipe yombi, maze ku munota wa 88′ w’umukino, APR FC ibona igitego cyatsinzwe na Ishimwe Anicet, ari nako umukino waje kurangira.

Amakuru dukesha Rwanda magazine, avuga ko ubwo abagize ikipe ya Rayon Sports bari bageze mu Nzove aho iyi kipe icumbitse, uyu mutoza yahise ahamagara abo bakorana (staff) maze bagirana ikiganiro cyiganjemo amagambo asa n’ayo gusezera.

Yagize ati, “Mbashimira byose twakoranye, ndetse mbashimira n’umuhate mwagaragaje n’ubwo byari bigoye. Sindi wa muntu ukunda guhatiriza.”

- Advertisement -

Guy Bukasa wavuye ku kibuga ubona afite agahinda nyuma yo gutsindwa na Mukeba w’ibihe byose APR FC, yakomeje agira ati, “Mwese ndabashimira uko twabanye. Mwanyeretse ko muri abanyamurava. Twakoze ibishoboka, ariko biranga. Njye sindi wa muntu ukunda guhatiriza, ndananiwe. Nagira ngo mbabwire ko uyu ariwo munsi wa nyuma mumbonye mu Nzove. Nanze ko muzabyumva mu binyamakuru kandi twakoranaga. Mwarakoze. Mwese mufite nimero yanjye, tuzajya tuvugana cyangwa se tuzaganirira n’ahandi twazahurira.”

Yunzemo ati, “Guy Bakira nguyu aha, yabibabwira. Nabonye amakipe anyuranye muri Congo harimo n’iyo muri Ghana, ariko nanze kugenda kubera icyubahiro nagombaga abafana ba Rayon Sports.“

Ubwegure bwa Guy Bukasa, bwahise bukurikirwa n’ubweguye bwa Guy Bakira wari umwungirije na we wahise yegura.

N’ubwo bizwi ko Guy Bukasa yeguye  ku mirimo yo gutoza Rayon Sports FC, Ubuyobozi bw’iyi kipe bwo buhakana iby’aya makuru.

Mu kiganiro na Radiyo B&B FM, Uwayezu Jean Fidele Umuyobozi wa Rayon Sports yahakanye aya makuru agira ati, “Nta byinshi navuga, kuko nta rwandiko rwe yandikiye ikipe ruratugeraho.”

Guy Bukasa yatangiye gutoza Rayon Sports tariki 07 Nyakanga 2020, avuye mu ikipe ya Gasogi United, yatoje mu mwaka w’imikino wa 2019 ariko ntiyayitindamo, kubera ko shampiyona yaje guhagarikwa n’icyorezo cya Covid19.

Eric Uwimbabazi June 16, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

Peace Cup: Rayon Sports yatewe mpaga hakomeza Intare

Hashize 6 months
Imikino

World Cup: Maroc ikoze amateka atazibagirana

Hashize 10 months
Imikino

Ibyo wamenya kuri Mukansanga ugiye gusifura undi mukino w’igikombe cy’isi

Hashize 10 months
ImikinoUbuzima

Musanze: Abaturage basabwe kwitabira siporo rusange

Hashize 11 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?