UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 7 days
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Skol yumvikanye na Rayon Sports kuyongerera amafaranga
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
AmakuruImikino

Skol yumvikanye na Rayon Sports kuyongerera amafaranga

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 19/03/2022 saa 9:51 AM

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwamaze gutangaza ko bwamaze kumvikana n’umuterankunga wayo mukuru, uruganda rwa Skol, kongera amafaranga uru ruganda rwageneraga Rayon Sports.

Ibi bikubiye mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizweho umukono na Murenzi Abdallah uyoboye Komite y’inzibacyuho ya Rayon Sports.

Muri iri tangazo, ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko nubwo umwaka w’imikino utarangiye neza kubera Covid-19, ngo basanze umuterankunga Skol yarakomeje gukora inshingano ze uko amasezerano abiteganya, hiyongereyeho no gufasha abakinnyi mu gihe bari muri gahunda ya Guma mu rugo.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko nyuma y’ibiganiro byiza bagiranye na Skol bemeranyejije ko inkunga Skol yateraga Rayon Sports yakwiyongera guhera mu mwaka w’imikino tugiye gutangira wa 2020/2021. Ni amasezerano ngo azashyirwa hanze mu minsi ya vuba, bigatangarizwa abafana ba Rayon Sports ku mugaragaro ndetse n’ibikubiye mubyo bamaze kumvikana.

- Advertisement -

Rayon Sports yari isanzwe ihabwa na SKOL miliyoni 66 Frw ku mwaka.Amakuru agera kuri Rwandamagazine yemeza ko Skol yemeye kuva kuri Miliyoni 66 FRW yahaga Rayon Sports buri mwaka (hatabariwemo ibindi birimo n’imyenda), ikayigenera Miliyoni 120 FRW.

Kuva muri Gicurasi 2014, Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa SKOL, ni umufatanyabikorwa wa mbere wa Rayon Sports.

Rayon Sports yamamaza SKOL binyuze ku myambaro yambara no mu bindi bikorwa byayo mu gihe uru ruganda rufasha iyi kipe mu bikorwa bitandukanye.

Tariki ya 15 Gicurasi 2014 nibwo Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na SKOL yemeye kujya itanga miliyoni 47 Frw buri mwaka muri iyi kipe.

Muri 2017 nibwo hasinywe amasezerano mashya ya miliyoni 66 Frw buri mwaka ari nayo yaganiriweho n’impande zombi ngo avugururwe.

Eric Uwimbabazi October 2, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
Amakuru

Inyamanswa yari imaze iminsi ifata abagore ku ngufu yishwe

Hashize 3 months
Amakuru

Musanze: Impanuka ikomeye yabereye muri GOICO umwe ahasiga ubuzima

Hashize 4 months
Amakuru

Perezida Kagame yakoze impinduka mu Gisirikari

Hashize 4 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?