UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 1 week
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Musanze: Kunanirwa kumvikana byaviriyemo umuturage kudasarura ibye
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
AmakuruUbukungu

Musanze: Kunanirwa kumvikana byaviriyemo umuturage kudasarura ibye

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 31/10/2022 saa 12:41 PM

Bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Buhoro, Akagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza, mu Karere ka Musanze bishyize hamwe ngo begerezwe ibikorwa remezo by’amashanyarazi, biviramo umuturanyi wabo kubangamirwa, nyuma y’uko bananiwe kumvikana bo ubwabo.

Ubwumvikane buke bwatangiye ubwo amwe mu mapoto bari barashinze ngo bafate amashanyarazi yibwe n’abagizi ba nabi, nyuma insinga zitwara umuriro zigwa hasi, mu kwirwanaho bazizirika ku biti biteye mu ishyamba ry’Umuturanyi wabo, ibintu avuga ko byamubangamiye bikomeye.

Nyiramiruho Rose, umuturanyi w’aba bishyize hamwe akaba na nyir’ishyamba ryanyujijwemo insinga z’amashanyarazi avuga ko byamugizeho ingaruka, kugeza ubwo abuze uko asarura ibiti bye.

Yagize ati, “Mbangamiwe cyane n’Ishyirahamwe ryaziritse insinga ku biti byanjye kugeza n’ubwo nabuze uko nabisarura. Nababwiye kenshi ngo bagure amapoto bazayashinge bakurikije uko umuhanda umeze bareke kuzirika ku biti byanjye baranga.”

- Advertisement -

Abajijwe niba hari abayobozi yagejejeho iki kibazo ngo babafashe kumvikana, mu magambo ye yagize ati, “Nashatse kutabiremereza, mbanza kuganira n’abagize itsinda, bambwira ko bazabikemura none umwaka urashize.”

Maniriho Eric, uhagarariye iri tsinda aganira n’Ikinyamakuru UMURENGEZI yakibwiye ko bagize ikibazo cyo kutumvikana ku gusana ibyangijwe nk’uko bari babyumvikanye.

Ati, “Twari twumvikanye nk’itsinda ko uzajya ashaka kurahura umuriro hari amafaranga azajya atanga agashyirwa kuri konti(compte) maze akazajya adufasha mu gusana ibyangiritse, none bamwe barabyanze ngo umuriro ni ubuntu bituma n’abandi ducika intege. Twagerageje kwishakamo ubushobozi tugura ipoto, abajura bayiba itarashingwa.”

Maniriho asoza asaba REG ishami rya Musanze kubafasha mu bya tekenike bityo inzira ikaba yakwimurwa mu rwego rwo guhosha amakimbirane.

Munyanziza Jasson, Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ingufu REG ishami rya Musanze, avuga ko bagiye kohereza abashinzwe ibya tekenike bagafasha aba baturage gukemura icyo kibazo.

Yagize ati, “Ikibazo tugiye kugikurikirana twoherezeyo abashinzwe ibya tekenike babafashe, ikibazo kibashe gukemuka.”

Amashanyarazi ni kimwe mu bikorwaremezo byihutisha iterambere, kuko aho ageze ubuzima buhinduka ku buryo bugaragara, akaba ari no muri urwo rwego Leta y’ u Rwanda yihaye intego ko mu mwaka wa 2024 abanyarwanda bose bazagerwaho n’amashanyarazi 100%.

Imibare iheruka gushyirwa ahagaragara n’ikigo gishinzwe ingufu REG igaragaza ko mu kwezi kwa Gicuransi 2022, ingo zifite amashanyarazi ari 71.92%, aho 50.61% bafatiye ku muyoboro mugari w’igihugu, mu gihe ingo zigera kuri 21.31% bakoresha igufu zisubira zituruka ku mirasire y’Izuba.

Yabuze uko asarura ishyamba rye, kubera kutumvikana kw’Abiyemeje kuzana amashangarazi

Irebana na: umurengezi
Emmanuel DUSHIMIYIMANA June 17, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Ubukungu

Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR

Hashize 1 month
Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
Amakuru

Inyamanswa yari imaze iminsi ifata abagore ku ngufu yishwe

Hashize 3 months
Amakuru

Musanze: Impanuka ikomeye yabereye muri GOICO umwe ahasiga ubuzima

Hashize 4 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?