UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 1 week
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Musanze : Arembeye mu bitaro nyuma yo gutwikwa akekwaho gufata ku ngufu
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Amakuru

Musanze : Arembeye mu bitaro nyuma yo gutwikwa akekwaho gufata ku ngufu

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 01/09/2021 saa 9:10 AM

Dukuzumuremyi David utuye mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Kimonyi, akagari ka Kibirizi, umudugudu wa Gakoro, yatwitswe aranakubitwa bikomeye, nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu uwitwa Uwizeyimana Odette.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rukereza, Akagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze ahagana saa kumi z’umugoroba kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Kanama 2021.

Uwambaye Michelle ndetse na Nshimiyimana Patrick twasanze aho ibi byabereye, bose bahuriza ku kuba uyu David akekwaho ubujura  ndetse n’ubusambanyi.

Bagira bati, “Uyu mugabo yaje arakomanga asaba ko bamushyirira terefone kuri sharijeri, ahasanga Odette yiryamiye, akinguye abura umuntu, nyuma agarutse bamubwira ko nta sharijeri ihari. David yahise yinjira mu nzu afata igitenge yahasanze atangira kukinigisha Odette ngo abure uko tabaza.

- Advertisement -

Bakomeje kugundagurana ashaka kumusambanya ari nako yacagaguye imyenda y’imbere ya Odette, nuko abaturanyi baratabara.”

Dukuzumuremyi David ukekwaho iki cyaha, ariko akavuga ko yahohotewe, yabwiye Umunyamakuru wa UMURENGEZI.COM ko yari atashye, akabona umukobwa atazi akamusaba umuriro wa Telefoni, hanyuma umukobwa agashaka kuyimwima, ngo niko kugenda amukurikiye mu nzu ashaka telefone ye, yayimwima bakarwana.

Ati, “Namwatse telefone nari maze kumuha ngo anshyiriremo umuriro, hanyuma arayinyima turayirwnira. Nakubiswe bikomeye ndetse ntwikwa no mu gituza kandi nzira ubusa.”

Mukamusoni Assoumini, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Kigombe yabwiye UMURENGEZI.COM ko ayo makuru yayamenye.

Agira ati, “Amakuru yo gukubitwa kwa Dukuzumuremyi David nayamenye, gusa ayo kumenwaho amazi ndetse no gutwarirwa telefone ntabyo narinzi. Nkimara kumenya ikibazo, nabuze ukuri hagati yabo bombi kuko uwo bashinjaga ubujura nta kintu bamufatanye, mbabwira ko bakwihutisha uwakubiswe kwa muganga.”

Uyu muyobozi, asoza asaba abantu kutihanira, ahubwo bakajya bamenyesha ikibazo inzego z’Ubuyobozi, kugira ngo zibafashe kugikurikirana.

Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru, uwahohotwe arwariye ku Bitaro bya Ruhengeri, aho ari kuvurirwa ibikomere ndetse n’imvune yatewe n’inkoni yakubiswe.

Emmanuel DUSHIMIYIMANA August 31, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
Amakuru

Inyamanswa yari imaze iminsi ifata abagore ku ngufu yishwe

Hashize 3 months
Amakuru

Musanze: Impanuka ikomeye yabereye muri GOICO umwe ahasiga ubuzima

Hashize 4 months
Amakuru

Perezida Kagame yakoze impinduka mu Gisirikari

Hashize 4 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?