UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 7 days
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Politiki

Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 09/08/2023 saa 6:51 PM

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu  Musabyimana Jean Claude yagize icyo avuga kuri  ba Meya batatu bo mu Ntara y’Amajyaruguru  bahagarikiwe icya rimwe ku myanya bari basanzweho.

Abo bayobozi ni Uwanyirigira Marie Chantal wari Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Ramuli Janvier wari Meya w’Akarere ka Musanze na Nizeyimana Jean Marie Vianney wayoboraga Gakenke.

Abo bayobozi bagaragaweho kutuzuza inshingano ndetse no kuba haragaragaye ibikorwa bihungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude mu kiganiro yagiranye na RBA, yagaragaje ko mu isesengura ryakozwe basanze abaturage bo muri turiya Turere bacyibona mu ndorerwamo y’amoko.

- Advertisement -

Ati, “Abaturage benshi iyo muganiriye baracyabona ibintu byose mu ndorerwamo y’amoko cyangwa aho bakomoka, Uturere bavukamo, amateka banyuzemo ndetse n’ibindi ku buryo ubona gahunda nyinshi zagiye zikorwa mu gihugu zigenewe kunga Abanyarwanda zitarashyizwemo imbaraga.”

Minisitiri  yakomeje agira ati, “Hagiye havuka n’amashyirahamwe ashingiye ku dutsiko two kwironda cyangwa se two gucamo ibice Abanyarwanda. Ibyo ubuyobozi bwari bushinzwe gukurikirana ko bitabaho kuko ubumwe bw’Abanyarwanda ni ihame dukomeyeho kandi ni zo mbaraga zacu; rero umuyobozi utabishyizemo imbaraga uwo aba akwiye kubibazwa.”

Yagaragaje ko impamvu byakorewe muri iyo Ntara byashingiye ahanini ku kuba hari inkuru y’Umuryango w’Abakono yavuzwe cyane nyuma y’iyimikwa ry’Umutware wawo.

Ati, “Ibyo byarabaye, abayobozi bari bahari nta washoboraga kubigaragaza kugeza igihe bigaragajwe ari uko ari abandi bantu babibonye. Rero ibyo ni imwe mu mpamvu yasabye ko abantu bajya kureba ibyo ari byo, binadufungura amaso.”

Minisitiri Musabyimana yasabye abaturage gutekana bakumva ko nta bidasanzwe byabaye muri iyo Ntara kuko ari ibintu bisanzwe ko abayobozi babazwa inshingano ndetse abasaba kugira ubushishozi.

Abayobozi  muri rusange bakanguriwe kwegera abaturage bakajya bamenya ibihakorerwa, bakanabakangurira gukomera ku bumwe bw’Abanyarwanda.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yihanangiriza Abanyarwanda ko ikintu cyose cyaganisha ku moko n’amacakubiri gikwiye kwirindwa cyane ko u Rwanda ari umuhamya w’uko amoko asenya igihugu.

Muri utwo Turere uko ari dutatu, hari n’abandi bakozi birukanwe  bahita basimbuzwa by’agateganyo.

Kanda hano, umenye abandi bayobozi birukanwe, n’ababasimbuye

Irebana na: home
Eric Uwimbabazi August 9, 2023
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Politiki

Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza

Hashize 7 days
Ubukerarugendo

Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda

Hashize 2 months
IbidukikijeImibereho

Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka

Hashize 2 months
Imibereho

Kinigi: Abafashwaga na SACOLA basabwe kwigira

Hashize 2 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?