UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 weeks
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Bwa mbere mu Rwanda, abantu benshi bakize Coronavirus mu munsi umwe
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Ubuzima

Bwa mbere mu Rwanda, abantu benshi bakize Coronavirus mu munsi umwe

UMURENGEZI
UMURENGEZI
Yanditswe taliki ya 12/08/2020 saa 5:36 AM

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda abantu 86 bakize COVID-19, uba umubare munini w’abasezerewe mu bitaro mu munsi umwe kuva iki cyorezo giterwa n’agakoko ka Coronavirus kigeze mu gihugu muri Werurwe 2020.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11 Kanama 2020, abantu 19 aribo basanganywe Coronavirus mu bipimo 5153 byafashwe mu masaha 24 ashize, bituma umubare w’abamaze kwandura mu Rwanda uba 2171.

Abarwayi bashya bakuwe mu bice bitandukanye by’igihugu; barimo 10 bo mu Mujyi wa Kigali bahuye n’abanduye n’abapimwe mu bibasiwe kurusha abandi, batandatu bo mu Karere ka Rubavu bakuwe mu baturarwanda batashye bahita bashyirwa mu kato, babiri bo mu Karere ka Rusizi n’umwe wo mu ka Gicumbi.

Kuri uyu munsi kandi u Rwanda rwagize abantu benshi basezerewe mu bitaro, kuko 86 bakize, bituma umubare w’abasezerewe ugera ku 1478. Kuri ubu abakiri kwa muganga ni 686 mu gihe barindwi bamaze guhitanwa na Coronavirus.

- Advertisement -

Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus agaragaye mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, nibwo bwa mbere habonetse umubare munini w’abantu bakize mu munsi umwe.

Umubare munini u Rwanda rwaherukaga kugira w’abakize Coronavirus ni 57, abo basezerewe mu bitaro ku wa 27 Nyakanga 2020 nyuma yo gusuzumwa bagasanwa nta bwandu bwa virusi bagifite mu mibiri yabo.

Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Mujyi wa Wuhan mu Bushinwa mu Ukuboza 2019; kuri ubu 20 413 504 bamaze kuyandura ku Isi yose, barimo 742 272 yahitanye mu gihe 13 301 314 bamaze kuyikira.

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n’umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero.

Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.

UMURENGEZI August 12, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Ubuzima

Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi

Hashize 3 months
Ubuzima

Icyo wamenya ku Ndwara y’Ubushita yamaze kugera mu Rwanda

Hashize 10 months
UbuzimaUtuntu n'utundi

Byinshi wamenya ku miterere y’Intanga ngore

Hashize 11 months
Ubuzima

Indwara 10 Zihitana Abantu Benshi ku Isi

Hashize 12 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?