UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 4 weeks
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 1 month
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 3 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Bugesera : Seninga Innocent yirukaniwe ku kibuga, Gasogi inyagira Musanze FC
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

Bugesera : Seninga Innocent yirukaniwe ku kibuga, Gasogi inyagira Musanze FC

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 19/03/2022 saa 9:51 AM

Kuri iki cy’umweru tariki ya 23 Gicurasi 2021, imikino ya Shampiyona y’u Rwanda iterwa inkunga na Primus yasubukuwe, nyuma y’aho amakipe yari yafashe akaruhuko hakimara kugargara amakipe yamaze gusohoka mu matsinda.

Umukino wabereye kuri sitade ya Bugesera, ikipe ya Gasogi united itozwa n’umutoza Alain Kirasa yari yakiriye Musanze FC itozwa na Seninga Innocent.

Umukino watangiye ikipe ya Musanze FC yihariye umupira, ndetse byaje no kubyara umusaruro ku munota wa 21, ubwo Munyeshyaka Gilbert bakunze kwita Lukaku yafunguye izamu, nyuma Gasogi United yaje gushakisha igitego cyo kwishyura, maze ku munota wa 30′ Yamini atsindira Gasogi United igitego cya mbere, maze amakipe ajya kuruhuka ari igitego 1-1.

Mu gice cya kabiri, Gasogi United yaje yariye karungu, maze umunyezamu Jean Claude Ndoli akorera ikosa umukinnyi wa Gasogi, maze umusifuzi atanga Penaliti yaje kwinjizwa neza na Hassan ku munota wa 10′ w’igice cya kabiri, uyu musore yongeye kureba mu izamu ku burangare bwa ba myugariro ba Musanze FC, maze ku munota wa 13′ Hassan atsinda igitego cya Gatatu.

- Advertisement -

Umukino wakomeje, ariko ikipe ya Gasogi United yiharira umupira maze ku munota wa 23′ igitego cya 4 kiba kirinjiye umukino urangiye ari ivitego 4-1.

Nyuma n’uyu mukino, Umuyobozi w’ikipe ya Musanze FC Tiyishimire Placide bakunze kwita Trump
agize yahise afata umwanzuwo kwirukana umutoza w’ikipe ya Musanze bwana Seninga Innocent. Mu mvugo igizwe n’amagambo akarishye yagize ati, “Njyewe ndamwirukanye, ntajye muri kwasiteri (Coaster). Twagize amahirwe atuye hano mu Bugesera, agumane n’umugore we mu Bugesera.”

Ikipe ya Musanze FC nyuma yo gutsindwa ibitego 4-1, byatumye ijya ku gitutu cyo kwitwara neza mu imikino isigaye, kugira ngo biyirinde kuba yamanuka mu cyiciro cya kabiri.

Eric Uwimbabazi May 23, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 9 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 9 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 9 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 9 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?