UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Singapore : Nyuma y’amezi 13, Umwana wavutse ari muto cyane ku isi yasezerewe mu bitaro
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Amakuru

Singapore : Nyuma y’amezi 13, Umwana wavutse ari muto cyane ku isi yasezerewe mu bitaro

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 10/08/2021 saa 9:13 AM

Umwana byibazwa ko ari we wa mbere wavutse ari muto cyane ku isi, yasezerewe mu bitaro byo muri Singapour (Singapore) nyuma y’amezi 13 yari ahamaze yitwabwaho.

Kwek Yu Xuan yavutse apima amagarama Magana abiri na cumi n’abiri (212 g) – uburemere nk’ubw’urubuto rwa pomme/apple – ndetse uyu mwana w’umukobwa yari anafite uburebure bwa santimetero Makumyabiri n’enye (24 cm).

Yavutse atarageza ku byumweru 25 – bicye cyane ugereranyije n’igihe rusange umwana avukira cy’ibyumweru 40 atwiswe.

Uwari usanganywe umuhigo wo kuvuka ari muto cyane ku isi yari umukobwa wo muri Amerika wapimaga amagarama 245 ubwo yavukaga mu 2018, nk’uko bikubiye mu nyandiko ikusanya imyirondoro y’abana bato ya Kaminuza ya Iowa muri Amerika.

- Advertisement -
Nyina wa Yu Xuan yabyaye bamubaze, amezi ane mbere y’uko igihe cyari giteganyijwe cyo kubyara kwe kigera.

Ni nyuma yuko bamusanzemo uburwayi buzwi nka ‘pre-eclampsia’ (pré-éclampsie) – ikibazo gikomeye cy’umuvuduko mwinshi w’amaraso gishobora kwangiza ibice bitandukanye by’umubiri kigatuma umwana na nyina bapfa.

Ubu Yu Xuan avuye mu bitaro apima ibiro (Kg) 6.3 – bigaragaza ko ameze neza kurushaho.

Uyu mwana w’umukobwa yari afite “amahirwe macye yo kubaho”, nk’uko bitangazwa n’ibitaro bya Kaminuza ya Singapour (NUH) yavukiyemo.

Mu itangazo byasohoye byagize biti, “Bitandukanye n’ibyari byitezwe, hari ingorane z’ubuvuzi mu kuvuka, yatanze urugero ku bantu ku isi kubera gukomeza umutsi kwe no gukura, bituma aba umwana udasanzwe wo muri ‘Covid-19’ – urumuri rw’icyizere mu kaduruvayo [mu bibazo]”.

Yu Xuan yavutse nyina abazwe, habura amezi ane ku gihe gisanzwe

Mu gihe yamaze mu bitaro, Yu Xuan yagiye ahabwa ubuvuzi butandukanye ndetse ashyirwa mu mashini zitandukanye kugira ngo abashe gukomeza kubaho.

Abaganga bavuga ko ubuzima bwe no gukura kwe byateye intambwe nziza mu gihe bamaze bamwitaho, kandi ko ubu ameze neza bihagije byo gusezererwa akava mu bitaro.

Yu Xuan aracyarwaye indwara imara igihe y’ibihaha, akaba azacyenera gukomeza gufashwa mu guhumeka mu rugo iwabo. Ariko, aba baganga bo ku bitaro bya Kaminuza ya Singapour bavuga ko byitezwe ko uko igihe kizagenda gishira ari ko azarushaho kugenda amererwa neza.

Nyina, witwa Wong Mei Ling, yabwiye ibitangazamakuru byo muri icyo gihugu ko ivuka n’ingano bya Yu Xuan byatumye agwa mu kantu kuko umwana we w’imfura – umuhungu ubu ufite imyaka ine – yavukiye igihe.

Ababyeyi ba Yu Xuan bashoboye kwishyura ibitaro yamazeho igihe kirekire, kubera ubufasha bwakusanyijwe binyuze mu gikorwa cyo kubafasha cyo kuri internet cyakusanyijwemo agera ku madolari ya Singapour 366,884 (agera kuri miliyoni 273 mu mafaranga y’u Rwanda).

BBC

Eric Uwimbabazi August 9, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

MINEMA yatanze impuruza ku kibazo cy’Ibiza

Hashize 5 months
AmakuruImibereho

Musanze: Batewe impungenge n’insinga z’amashanyarazi zishobora kubambura ubuzima

Hashize 9 months
Amakuru

Umuhanzikazi Valentine wamenyekanye nka ‘Dorimbogo’ yapfuye

Hashize 10 months
Amakuru

AS Kigali yatumije Inteko Rusange idasanzwe

Hashize 10 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?