UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 1 week
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Rwanda: Hatangijwe Ishuri ry’Imibare rya Afurika
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Uburezi

Rwanda: Hatangijwe Ishuri ry’Imibare rya Afurika

Charlotte Mbonaruza
Charlotte Mbonaruza
Yanditswe taliki ya 22/06/2023 saa 5:52 PM

INES-Ruhengeri, imwe muri Kaminuza zigisha amasomo atandukanye harimo n’imibare, kuva kuri uyu wa kabiri tariki 20 Kamena 2023, hateraniye Abanyeshuri biga imibare bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika, igikorwa cyahawe izina ry’ISHURI RY’IMIBARE RYA AFURIKA.

Ni igikorwa cyashyizweho, hagamijwe guteza imbere isomo ry’imibare muri Afurika, hibandwa ku mbogamizi Abagore n’abakobwa bo kuri uyu mugabane bahura nazo, zigatuma batiga imibare, cyane ko byagaragaye ko  umubare w’abiga iri somo ukiri muto cyane hirya no hino ku Isi.

Prof. ALexandre Lyambabaje, avuga ko kuba Abagore batiga imibare atari uko ari abaswa, ahubwo ko bahura n’imirimo myinshi ibabuza kuyikurikirana, yongeraho ko nubwo imibare atari ikintu gifatika, ariko ibikorwa byose mu buzima bwa buri munsi ari yo bishingiraho.

Ati, “Abakobwa nta kibazo cy’Ubumenyi bafite ni abahanga. Imbogamizi ni uko iyo bakirangiza icyiciro cya mbere cy’Amashuri yisumbuye, batangira gutekereza gushaka, rimwe na rimwe akabona nakomeza kwiga, abo bangana bazaba barubatse, barabyaye, agahitamo guhita ashaka Umugabo, hanyuma gutwita, kubyara no kurera, akaba atabasha kubihuza no kwiga imibare ngo bikunde.

- Advertisement -

Hari n’ubwo abo bashakanye babatererana mu mirimo yo mu rugo, bityo akagira Inshingano nyinshi, kwiga imibare bikamugora, cyane ko bisaba igihe kirekire kugira ngo uminuze mu mibare ubone utangire gufata ku nyungu zo kwiga imibare.”

Prof. ALexandre Lyambabaje

Ibi kandi nibyo bigarukwaho n’Umuyobozi w’Ishuri rya INES-Ruhengeri, Padiri Dr Baribeshya Jean Bosco, ushimangira ko ibintu byose dukora bishingiye ku mibare, ari nayo mpamvu iri shuri ry’imibare muri Afurika ryashizweho, mu guteza imbere iri somo, anasaba abubatse ingo kujya bafasha abagore babo imirimo yo mu rugo, kugira ngo babashe kuminuza mu mibare, kuko abagore nabo imibare bayishoboye.

Ati, “Ibintu byose dukora byubakiye ku mibare, niyo mpamvu hari guhuzwa imbaraga ku rwego rw’Amashuri makuru na za Kaminuza, mu guteza imbere isomo ry’Imibare muri Afurika.”

Padiri Dr Baribeshya akomeza agira ati, “Abagore nibafashwe imirimo yo mu rugo, kugira ngo nabo babone umwanya wo kwita ku mibare, kuko imibare nabo ni iyabo kandi ni abahanga.”

Padiri Dr Baribeshya Jean Bosco, Umuyobozi w’Ishuri rya INES-Ruhengeri

Eva Vianne Ujeneza, wiga imibare muri Afurika y’Epfo na Ishimwe Lucie wiga imibare muri INES-Ruhengeri bashimangira ko imibare ari isomo ryoroshye kandi bakunda, bagahamya ko kuyiga ntacyo bitwaye, kandi ko ibyo dukora n’ibyo tuzakora ahazaza, byose bishingiye ku mibare.

Abanyeshuri 60 bakomoka muri Tanzania, Uganda, Burundi, Kenya no mu Rwanda, kuri iyi nshuro ya mbere bose bakaba bazakurikirana isomo ry’Imibare riri gutangirwa Rwanda, babifashijwemo n’Abarimu b’inzobere
mu mibare, baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Biteganyijwe ko iri shuri rizamara ibyumweru bibiri, iki gikorwa kikaba kizajya kiba inshuro imwe mu mwaka, muri buri gihugu, kugeza ubwo ibihugu byose by’Afurika bizaheturwa.

Aya masomo azahabwa Abanyeshuri 60 baturutse mu bihugu bitandukanye

Aya masomo azatangwa n’Abarimu b’inzobere mu isomo ry’Imibare

Irebana na: home
Charlotte Mbonaruza June 22, 2023
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Politiki

Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza

Hashize 1 week
Politiki

Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe

Hashize 2 months
Ubukerarugendo

Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda

Hashize 2 months
IbidukikijeImibereho

Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka

Hashize 2 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?