UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 2 weeks
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 4 weeks
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 3 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Nyamasheke : Nyuma yo gutwikirwa umwana we, yakubiswe inyundo mu mutwe
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Amakuru

Nyamasheke : Nyuma yo gutwikirwa umwana we, yakubiswe inyundo mu mutwe

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 17/07/2021 saa 11:17 AM

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gukubita inyundo umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 30, akaba ari umwana w’umukecuru uherutse gutwikirwa inzu ashinjwa kuroga no kuba afite za Nyabingi iwe.

Uwo mukecuru ni uwo mu mudugudu wa Musagara, Akagari ka Gako mu Murenge wa Kagano.

Ahagana saa mbili z’ijoro(20h00) kuri iki cyumweru tariki ya 06 Ukuboza 2020, ubwo uyu mukobwa yari asohotse agiye mu bwiherero, ngo yahuye n’abantu bataramenyekana bamukubita inyundo mu mutwe.

Ni nyuma y’uko kuwa kane tariki ya 03 Ukuboza2020, inzu y’umubyeyi w’uyu mukobwa yatwitswe bimwe mu bikoresho bigashya.

- Advertisement -

Icyo gihe bamwe batuye muri ako gace babwiye itangazamakuru ko bacyeka ko iyi nzu yatwitswe kubera gucyeka ko uyu mukecuru aroga.

Umwe muri bo agira ati, “Hari hashize icyumweru dukoze inama n’abayobozi maze bamwe mu baturage bamushinja amarozi no kugira za nyabingi, mu bamushinjaga harimo n’abana be bavuga ko ajya aroga abuzukuru bakarwara. Rero dusanga ariyo mpamvu bamutwikiye iyi nzu.”

Mu nama y’umutekano yahise iba mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 07 Ukuboza, Polisi ikorera mu Murenge wa Kagano yahise ita muri yombi abantu batandatu barimo basaza b’uyu mukobwa.

Mukamasabo Appolonie, umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, mu nama y’umutekano yabereye mu mudugudu wa Musagara, yavuze ko ubuyobozi bw’umudugudu bugiye gusana iyi nzu y’uyu muryango, asaba n’abaturage kureka gucyeka amarozi mu gihe batagiye kwa muganga ngo babyemeze.

Agira ati, “Niba umuntu yarwaye utagiye kwa muganga ngo umupimishe umenye uburwayi afite, ntabwo iyo apfuye uhita wanzura ko warogewe n’umuturanyi kandi utagiye kwa muganga ngo abaganga aribo bavuga uburwayi umuntu arwaye.”

Uwakubiswe inyundo, yajyanwe mu bitaro bya Kibogora, kugeza ubu amakuru ariho akaba avuga ko arembye cyane.

Emmanuel DUSHIMIYIMANA December 7, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

MINEMA yatanze impuruza ku kibazo cy’Ibiza

Hashize 7 months
AmakuruImibereho

Musanze: Batewe impungenge n’insinga z’amashanyarazi zishobora kubambura ubuzima

Hashize 10 months
Amakuru

Umuhanzikazi Valentine wamenyekanye nka ‘Dorimbogo’ yapfuye

Hashize 11 months
Amakuru

AS Kigali yatumije Inteko Rusange idasanzwe

Hashize 11 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?