UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 3 weeks
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 1 month
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 3 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Mugunga Yves yerekeje muri Gorilla FC
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

Mugunga Yves yerekeje muri Gorilla FC

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 29/07/2024 saa 6:03 PM

Rutahizamu Mugunga Yves uheruka gutandukana na Kiyovu Sports yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri Gorilla FC.

 

Uyu mukinnyi w’imyaka 27, umwaka ushize yawukinnye muri Kiyovu Sports ariko ntabwo yarambyemo kuko baje gushwana ntibakomezanya kubera ibibazo byo kutishyurwa imishahara.

Mugunga yari yerekeje mu Urucaca avuye muri APR FC yari amazemo igihe kinini. Icyakora kwerekeza muri Gorilla FC bizamusaba gukora cyane kugira ngo abone umwanya ubanza mu kibuga kubera abakinnyi bawuhanganiye.

- Advertisement -

Iyi kipe ni imwe mu zagannye isoko kare ndetse inagura abakinnyi barimo Nduwimana Franck, Karenzo Alexis, Muhawenayo Gad, Manzi Patrick, Uwimana Kevin, Shyaka Jean Derrick, Ntwari Evode na Moussa Omar.

Mugunga Yves yerekeje muri Gorilla FC

Gorilla FC izitegurira umwaka w’imikino i Rubavu

Kuri uyu wa Mbere, tariki 29 Nyakanga 2024 Gorilla FC yerekeje mu Karere ka Rubavu kuhakomereza imyiteguro y’umwaka mushya w’imikino uteganyijwe gutangira tariki 15 Kanama 2024.

Ni umwihererero w’iminsi irindwi kuko izawusoza ku Cyumweru, tariki 4 Kanama 2024.

Muri icyo cyumweru izakinamo imikino itatu ya gicuti irimo uwa mbere izahuramo na Etincelles FC ku wa Kabiri, tariki 20 Nyakanga. Uwa kabiri izakina na AS Brésil de Goma ku wa Gatatu, mu gihe uwa nyuma izahura na Rutsiro FC ku wa Gatandatu, tariki 3 Kanama 2024.

Gorilla FC imaze gukina imikino ya gicuti ibiri. Irimo uwo yatsinze Gasogi United ibitego 2-0 ndetse ni uwo yanganyijemo na Rayon Sports igitego 1-1.

Gorilla FC yanganyije na Rayon Sports igitego 1-1

Gorilla FC yatsinze Gasogi United ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti uheruka

Muhire Jimmy Lovely July 29, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 9 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 9 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 9 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 9 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?