UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Braverman wari Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza yirukanywe
Hashize 2 weeks
Musanze: Arashakishwa nyuma yo gusambura inzu abamo
Hashize 2 weeks
Emmanuel Gasana yagejejwe imbere y’Urukiko asaba ko yafungurwa
Hashize 3 weeks
Baciye Agahigo ko kunywa Byeri 1,254 mu masaha atatu
Hashize 3 weeks
Ngororero: Yaterejwe cyamunana ku butaka atasabiye inguzanyo none Arasembera
Hashize 1 month
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Ingendo zerekeza cyangwa ziva mu karere ka Rubavu zafunguwe
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Amakuru

Ingendo zerekeza cyangwa ziva mu karere ka Rubavu zafunguwe

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 05/07/2020 saa 11:28 AM

Leta y’u Rwanda yavanye akarere ka Rubavu muri tubiri twari mu kato, ni ukuvuga ko ingendo zijya cyangwa ziva muri ako karere zemewe.

Ni kimwe mu byemezo byatangajwe n’inama y’abaminisitiri idasanzwe yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamena 2020.

Rusizi na Rubavu nitwo turere twari mu kato kuva ingendo hagati y’intara n’umujyi wa Kigali zafungurwa, akarere ka Rusizi ko kakaba kagumye mu kato kubera umubare w’abantu bakomeje kuhaboneka banduye COVID-19.

Uretse akarere ka Rubavu kari mu kato ndetse n’imirenge yako imwe iri muri gahunda ya guma mu rugo, n’umujyi wa Kigali mu mirenge ya Kigali na Kigarama naho hari imidugudu yashyizwe muri gahunda ya guma mu rugo.

- Advertisement -

Byari byitezwe ko iyi nama yashoboraga kugira icyo itangaza ku bijyanye no gufungura insengero ariko nta gishya cyatangajwe. Bivuze ko zizakomeza gufunga mu gihe hagikorwa igenzura ryo kureba ko zubahirije ingamba zo kwirinda no kurwanya COVID-19.

Mu bindi bizakomeza gufunga harimo utubari n’imyidagaduro ikorerwa mu nzu ndetse n’ibikorwa by’imikino y’amahirwe.

Rubavu ni kamwe mu turere usanga abantu bagana cyane bagiye kwishimira amazi y’ikiyaga cya Kivu, abajya ku mucanga, ndetse n’abajya kurangurayo ibicuruzwa bitandukanye byifashishwa mu buzima bwa buri munsi.

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri

Eric Uwimbabazi June 30, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn

INKURU ZIHERUKA

  • Braverman wari Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza yirukanywe
  • Musanze: Arashakishwa nyuma yo gusambura inzu abamo
  • Emmanuel Gasana yagejejwe imbere y’Urukiko asaba ko yafungurwa
  • Baciye Agahigo ko kunywa Byeri 1,254 mu masaha atatu
  • Ngororero: Yaterejwe cyamunana ku butaka atasabiye inguzanyo none Arasembera
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

Emmanuel Gasana yagejejwe imbere y’Urukiko asaba ko yafungurwa

Hashize 3 weeks
Amakuru

Emmanuel Gasana wari Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba yatawe muri yombi

Hashize 1 month
Amakuru

‘Sofia’ zigiye kujya zifashishwa mu gutahura ibindi byaha

Hashize 2 months
Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 5 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?