UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Hon. Bamporiki yagize icyo avuga kuri Tierra wambikanye impeta n’uwo bahuje igitsina
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
AmakuruImikino

Hon. Bamporiki yagize icyo avuga kuri Tierra wambikanye impeta n’uwo bahuje igitsina

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 19/03/2022 saa 9:51 AM

Nyuma y’uko hacicikanye amakuru avuga ko kapiteni w’ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball, ari mu rukundo na mugenzi we bahuje igitsina, benshi ku mbuga nkoranyambaga bakabyamaganira kure, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Hon. Bamporiki Edouard nawe yagize icyo abivugaho.

Mu kiganiro cy’urubuga rw’imikino cyatambutse kuri RBA kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Nyakanga 2021, Hon. Bamporiki abajijwe kuri kapiteni Tierra Monay n’umukunzi we Amanda Thompson,  yavuze ko we nta gikuba cyacitse abibonamo.

Agira ati, “Nta muhango nabonye. Buriya mu Rwanda igikuba gicika iyo itegeko ryapfuye, iyo umuhango w’Abanyarwanda wabaye uko udasanzwe uba. Naho bindi byo abantu bazifotoza, badutere ururondogoro. Abantu bazikorera ibyo bashatse kuko ariko baremwe. Ntabwo rero ikintu cyose kizajya kiza ngo duhaguruke ngo umuco wacu uracitse.”

Hon. Bamporiki, akomeza avuga ko nta tegeko ryapfuye, kuko nta muntu wabashingiye. Ati, ”Nta mukozi w’Imana wagiye kubaramburaho ibiganza. Si ngombwa gufata abana babiri bafite uko baremye, bafite uko biyumva ngo tubakoreho ikiganiro, twaba dutakaje umurongo (Focus) y’ibindi urubyiruko rwacu rukeneye byinshi. Buriya abana b’Abanyarwanda iyo akura uramubwira ngo ibi bintu ni bibi, akagira aho arererwa mu muryango.”

- Advertisement -

Hon. Bamporiki mu kiganiro yagiranye na RBA yavuze ko ibyabaye ntawe ukwiye kubitindaho

Tierra Monay n’umukunzi we Amanda Thompson bemeranyije kurushinga bakabana nk’Umugabo n’umugore nubwo bose ari abagore, tariki ya 21 Gicurasi 2021 nk’uko bigaragara ku mafoto bashyize ku nkuta zabo za Instagram, ibi birori bikaba byarabereye ahitwa New Orleans muri Leta ya Louisiana, imwe mu zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yaterewe ivi n’umukunzi we bemeranya kubana akaramata

Eric Uwimbabazi July 21, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

MINEMA yatanze impuruza ku kibazo cy’Ibiza

Hashize 5 months
Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 7 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 7 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 7 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?