UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 weeks
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 2 months
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 4 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Ese ubundi igikorwa cyo kwinjirana abana mu kibuga ku bakinnyi b’umupira w’amaguru gikomoka he?
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

Ese ubundi igikorwa cyo kwinjirana abana mu kibuga ku bakinnyi b’umupira w’amaguru gikomoka he?

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 04/02/2024 saa 5:30 PM

Ushobora kuba uri umukunzi w’umupira w’amaguru ukaba kandi ukunda kubona mbere y’umukino amakipe yinjirana n’abana bato mu kibuga, bakaririmba indirimbo yuhariza igihugu cyangwa ikipe runaka.

 

Birashoboka ko wibaza impamvu n’inkomoko yabyo, ari nayo tugiye kugarukaho muri iyi nkuru.

Mu busanzwe aba bana bitwa ‘Player Escort’ cyangwa ‘match mascot’. Bagomba kuba bari hagati y’imyaka itandatu na 18.

- Advertisement -

Iki gikorwa cyatangiye gukorwa mu myaka ya 1990 icyo gihe abo bana batoranywaga mu makipe y’abakiri bato.

Cyari kigamije gukora ubuvugizi ku bijyanye n’uburenganzira bw’umwana ndetse no kugaragaza ko ari umukino w’amahoro.

 

Uko imyaka yakomeje kwicuma intego zagiye zihinduka, kuko ubu bisigaye bikoreshwa mu gukabya inzozi z’abana bahura n’abakinnyi b’ibihangange bafata nk’icyitegererezo.

Hari kandi no kwibutsa abakinnyi ko abo bana babareberaho bityo bikabafasha mu kwitwararika mu gihe bari mu kibuga ndetse no mu buzima busanzwe.

Igikombe cy’i Burayi cyo mu 2000 niryo rushanwa rya mbere rikomeye aba bana batangiye kwinjirana n’amakipe, aho buri mukinnyi yari afite uwe.

Ni mu gihe, mu mikino y’amakipe (clubs) bakoresha abana basanzwe bari mu makipe yabo y’abakiri bato.

Hamwe na hamwe ku Isi ntabwo kwinjirana n’aba bana mu kibuga ari ubuntu kuko nko muri shampiyona y’u Bwongereza, amakipe yishyura 350-600£ akaba agenda ahinduka bitewe n’umukino.

 

Kugeza ubu, iki gikorwa cyamaze kuba umuco ku Isi yose ndetse gisigaye cyifashishwa mu gutanga ubutumwa butandukanye.

Mu 2015, abakinnyi ba Ajax Amsterdam yo mu Buholandi binjiranye mu kibuga n’ababyeyi babo ku munsi mpuzamahanga w’ababyeyi uzwi nka Mother’s Day wizihizwa ku cyumweru cya kabiri cya Gicurasi.

Muri uwo mwaka kandi, Ikipe ya São Paulo FC yo muri Brésil nayo yinjiranye mu kibuga n’imbwa, mu rwego rwo kugaragaza ibibazo by’iyi nyamaswa ndetse no kurikorera ubuvugizi.

Wayne Rooney wamamaye muri Manchester United n’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, ni umwe mu bakinnyi bakomeye bigeze kuba b’abana binjirana n’abakinnyi mu kibuga. Icyo gihe hari mu 1996 ari mu ikipe ya Everton.

 

Abakinnyi baba bafite abana bangana n’umubare wabo

Muhire Jimmy Lovely February 4, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 7 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 7 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 7 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 7 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?