UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 weeks
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Bugesera FC yasinyishije abakinnyi bane
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

Bugesera FC yasinyishije abakinnyi bane

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 31/07/2024 saa 5:40 PM

Bugesera FC yasinyishije abakinnyi bashya bane, barimo myugariro w’iburyo Mucyo Junior Didier uvuye muri Rayon Sports.

Nyuma y’uko bisabye umunsi wa nyuma kugira ngo ikipe ya Bugesera FC irokoke kutamanuka mu Cyiciro cya Kabiri mu mwaka w’imikino wa 2023/24, iyi kipe ikomeje gushyiramo imbaraga nyinshi mu kwiyubaka ngo itazongera gukubitika.

Kuri uyu wa gatatu ni bwo iyi kipe yambara oranje n’umukara yatangaje binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’ayo ko yamaze kwibikaho abandi bakinnyi bashya.

Muri abo bakinnyi berekanye harimo myugariro w’iburyo Mucyo Junior Didier wakiniraga Rayon Sports. Si ubwa mbere uyu musore w’i Nyagatare akiniye iyi kipe kuko ari yo yavuyemo mu 2022 ubwo we na bagenzi be Ganijuru Elie na Rafael Osaluwe berekezaga muri Rayon Sports.

- Advertisement -

 

Junior Didier yabonye umwanya wo gukina mu mwaka we wa mbere akigera muri Murera, ariko nyuma y’aho iyi kipe iguriye Serumogo Ally bakina ku mwanya umwe ntiyongeye gukina kenshi. Ibi byatumye ubwo yageraga ku musozo w’amasezerano ye batarifuje kumwongerera andi, na cyane ko baguze Fitina Omborenga. Uyu musore yari aherutse kugaragara muri As Kigali yasubukuye imyitozo, none birangiye asubiye i Bugesera.

Iyi kipe y’Akarere ka Bugesera kandi yasinyishije abandi bakinnyi batatu b’Abarundi, Ndayogeje Gérard ukina mu kibuga hagati na myugariro wo hagati Ciza Jean Paul baturutse muri Mukura VS n’umunyezamu Arakaza MarcArthur wavuye muri Etincelles FC.

Aba biyongereye ku baherutse gusinya, barimo rutahizamu Bizimana Yannick wavuye muri APR FC n’umunyezamu Mfashingabo Didier wavuye muri Sunrise FC.

Bugesera FC ikomeje imyitozo yitegura umwaka w’imikino wa 2024/25. Izatangira yakira Amagaju FC ku mukino wa mbere uzaba ku wa 15 Kanama 2024.

Mucyo Didier Junior yasubiye i Bugesera
Arakaza Arthur ni umukinnyi mushya wa Bugesera FC
Ciza nawe yavuye i Huye
Ndayogeje Gérard yasinyiye Bugesera FC

ISHIMWE YARAKOZE SETH KEFA/UMUSEKE.RW

Muhire Jimmy Lovely July 31, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 7 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 7 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 7 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 7 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?