UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
U Rwanda rwemeye kwakira abimukira 250 bava muri USA
Hashize 3 months
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 5 months
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 5 months
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 6 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 7 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma NBA: Boston Celtics irerekeza ku mukino wa nyuma
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

NBA: Boston Celtics irerekeza ku mukino wa nyuma

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 26/05/2024 saa 7:06 PM

Boston Celtics ikomeje gusatira umukino wa nyuma muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA) nyuma yo kugira intsinzi eshatu mu yo iri guhuramo na Indiana Pacers.

 

Iyi kipe irimo gukina imikino ya nyuma mu gice cy’Iburasirazuba, aho ikomeje kwihererana Indiana Pacers cyane ko ubu iyoboye n’intsinzi eshatu ku busa.

Celtics yabigezeho mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, tariki 26 Gicurasi 2024 ubwo yatsindaga Indiana Pacers amanota 114-111.

- Advertisement -

Ni umukino watangiye amakipe yombi atsindana ndetse ikinyuranyo ari gito cyane. Ni mu gihe abarimo Andrew Nembhard na Jayson Tatum bigaragaje ku mpande zombi.

 

Mu mpera z’agace ka kabiri, Pacers yongereye ikinyuranyo, isoza igice cya mbere iyoboye umukino n’amanota 68 kuri 57 ya Celtics.

Nyuma y’akaruhuko, Tatum na bagenzi be nka Jaylen Brown na Al Horford, basubiranye imbaraga zikomeye mu gace ka gatatu bayitsindira amanota menshi.

Umukino wakomeje kwegerana cyane ari nako ikinyuranyo gikomeza kuba gito cyane ko nta kipe yasigaga indi amanota arenze atanu.

 

Umukino warangiye Boston Celtics yatsinze Indiana Pacers amanota 114-111 ibona intsinzi ya gatatu bityo ikaba isabwa imwe gusa ubundi ikagera ku mukino wa nyuma wa NBA muri rusange.

Umukino wa kane uteganyijwe ku wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, aho Celtics isabwa kuwutsinda ikagera ku mukino wa nyuma.

Mu gice cy’iburengerazuba, iyi mikino iri guhuza Dallas Mavericks na Minnesota Timberwolves, aho Mavericks imaze gutsinda imikino ibiri yose bakinnye.

Uwa gatatu uteganyijwe mu rukerera rwo ku wa Mbere, tariki 27 Gicurasi 2024 ku kibuga cya Mavericks, American Airlines Center.

Jayson Tatum na Al Horford bishimira intsinzi

Wari umukino urimo ishyaka ryinshi

Andrew Nembhard ni umwe mu bagize umukino mwiza

Muhire Jimmy Lovely May 26, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • U Rwanda rwemeye kwakira abimukira 250 bava muri USA
  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 1 year
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 1 year
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 1 year
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 1 year

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?