UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 4 weeks
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 1 month
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 3 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma “Ndumva nishimiye cyane kuba hano i Burayi kongera gutangira ibyo ntarangije.”- Rwatubyaye Abdul
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

“Ndumva nishimiye cyane kuba hano i Burayi kongera gutangira ibyo ntarangije.”- Rwatubyaye Abdul

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 04/02/2024 saa 6:29 PM

Rwatubyaye Abdul yaciye amarenga ko yamaze gutandukana na Rayon Sports asubira muri FC Shkupi yo muri Macedonia.

 

Uyu myugariro usanzwe ari kapiteni wa Rayon Sports yari yayigarutsemo muri Kanama 2022 ayisinyira imyaka 2 avuye muri FC Shkupi.

Ubwo yari agarutse yavuze ko ari we wasabye iyi kipe ya FC Shkupi kuba yamurekura akajya gushaka aho akina kugira ngo agaruke mu bihe bye, hari nyuma y’amezi 6 abazwe imvune y’agatsintsino ku kirenge cy’ibumoso.

- Advertisement -

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Rwatubyaye Abdul yaciye amarenga ko yaba yatandukanye na Rayon Sports asubira muri FC Shkupi.

 

Ni amagambo yari aherekejwe n’amafoto ye ari mu myitozo y’iyi kipe iri muri Turikiya aho irimo gukorera imyitozo.

Ati “ndumva nishimiye cyane kuba hano i Burayi kongera gutangira ibyo ntarangije.”

Rwatubyaye Abdul yagize imvune muri Mutarama 2022 (ari na yo yatumye agaruka mu Rwanda) ubwo ikipe ye yo muri Macedonia ya FC Shkupi yari yakinnye umukino wa gicuti na na Sumqayit FK mu mukino wabereye muri Turikiya mu mujyi wa Antalya.

Gusa amakuru avuga mbere ko y’uko igice kibanza cya shampiyona ya 2023-24, Rwatubyaye Abdul yari yasabye Rayon Sports ko muri Mutarama 2024 yamurekura agasubira i Burayi.

 

Abdul Rwatubyaye yakiniye Rayon Sports imyaka 3 kuva 2016-2019 ari nabwo yavaga mu Rwanda yerekeza mu ikipe ya Kansas City ikaza kumutiza muri Swope Park Rangers, nyuma yagiye muri Colorado Rapids na yo imutiza muri Colorado Switchbacks, yayivuyemo yerekeza muri FC Shkupi atandukana na yo muri 2022 agaruka muri Rayon Sports.

Rwatubyaye Abdul yatunguranye agaragara mu yindi kipe

Muhire Jimmy Lovely February 4, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 9 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 9 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 9 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 9 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?