UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Twitter yafunze imiryango ku bakozi bayo
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Ikoranabuhanga

Twitter yafunze imiryango ku bakozi bayo

UMURENGEZI
UMURENGEZI
Yanditswe taliki ya 20/11/2022 saa 10:07 AM

Abayobozi n’abakozi by’umwihariko abakora ku cyicaro gikuru cy’Ikigo Twitter Inc, gifite urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, basabwe kuba basubiye iwabo, nyuma y’uko iki kigo cyafunze ibiro mu gihe gito.

Ntabwo hasobanuwe impamvu y’ibi, gusa ubutumwa bwohererejwe abakozi, buvuga ko ibiro by’iki kigo bizaba bifunze kugeza kuwa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022.

Ni itangazo rije nyuma y’amasaha make benshi mu bakozi b’iki kigo barimo gusezera ku kazi, nyuma yo guteguzwa na nyir’iki kigo, Elon Musk kongera amasaha y’akazi.

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko Musk yari yabwiye abakozi be ko kugeza kuwa Kane tariki 17 Ugushyingo 2022, uzaba ataremera kugendera kuri ayo mabwiriza mashya, yahita asezera ku kazi, gusa ngo akazahembwa amezi atatu adakora.

- Advertisement -

Nyuma y’ibyo, bahawe ubutumwa bugira buti: “Mukomeze gukurikiza politiki y’ikigo, mwirinda kuganira ku mabanga n’amakuru yacyo ku mbuga nkoranyambaga, mu itangazamakuru cyangwa ahandi.”

  • Twitter yahagaritse abakozi b’ishami ryayo muri Afurika

Inkuru z’Ikigo Twitter Inc, zimaze iminsi zishyushye kuva mu kwezi gushize, ubwo umuherwe Elon Musk yakiguraga miliyari mirongo ine n’enye (44,000,000$) z’Amadolari ya Amerika.

Izi nkuru zigaruka ku mavugurura mashya n’impinduka uyu muherwe yazanye kandi akomeje gukora, ibintu byatumye benshi mu bari abakozi n’abayobozi bacyo birukanwa, abandi bagasezera ku mirimo yabo.

Irebana na: home
UMURENGEZI November 18, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Utuntu n'utundi

Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?

Hashize 1 week
Politiki

Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika

Hashize 1 month
Ibidukikije

Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza

Hashize 1 month
Ubuzima

Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi

Hashize 3 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?