UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 2 weeks
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 4 weeks
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 3 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Nduwayesu umwe mu bakinnyi 10 bagiye guhagararira u Rwanda mu mikino ya Chess
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

Nduwayesu umwe mu bakinnyi 10 bagiye guhagararira u Rwanda mu mikino ya Chess

Eric Uwimbabazi
Eric Uwimbabazi
Yanditswe taliki ya 19/03/2022 saa 9:51 AM

Ku nshuro ya kabiri Abanyarwanda 10 bakina umukino wa Chess bagiye kwitabira irushanwa mpuzamahanga rya “Chess Olympiad 2021” rigomba kuba hifashishijwe ikoranabuhanga bitewe n’icyorezo cya Covid-19.

Iri rushanwa rizatangira guhera tariki ya 20 Kanama 2021, rizahuza ibihugu 155 bigabanyije mu byiciro 4, aho icyiciro cya 1 kigizwe n’amakipe 25 ya mbere asanzwe akomeye muri uyu mukino, arimo igihugu cy’u Burusiya, USA, u Bushinwa, u Buhinde na Ukraine, mu gihe Afurika ihagarariwe n’igihugu cya Misiri muri iki cyiciro.

Igihugu cy’u Rwanda kimaze kwitabira iri rushanwa kuva mu mwaka wa 2000, kuri ubu kiri mu cyiciro cya 4 gikubiyemo amakipe agera kuri 60, ariko nayo agabanyije mu matsinda 5, bikaba biteganyijwe ko itsinda u Rwanda rurimo rizamenyekana kuwa Mbere tariki ya 16 Kanama 2021, buri tsinda rikazaba rigizwe n’amakipe cumi n’abiri.

Ikipe y’u Rwanda ihagarariwe n’abakinnyi 10 batoranyijwe na Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’umukino wa Esheke, Niyibizi Alain Patience, mu bagabo ni Ruzigura Alexis (CM- umukandida kuri Master], Nduwayesu Maranatha, Dr. Nzabanita Joseph na Murara Urwintwari Ian.

- Advertisement -

Nduwayesu Maranatha uwa mbere uturutse i Buryo

Ku ruhande rw’abagore ni Shimwa Marie Faustine, Niyonsaba Aline [WCM- umukandida kuri Master], Uwamahoro Christelle na Iraduha Ange Christelle.

Naho mu mu cyiciro cy’abakiri bato, harimo Cyubahiro Ben Patrick (umuhungu) na Nzambazamariya Ignacia (umukobwa).

Muri rusange, ikipe igizwe n’abantu 6 barimo abagabo 2, abagore 2, ndetse n’abakiri bato barimo 1 w’umuhungu n’undi w’umukobwa, abandi bakaza ari abasimbura.

Byari biteganijwe ko iri rushanwa ryagombaga gutangira ku itariki ya 13 Kanama 2021, ariko riza kwigizwa inyuma ho icyumweru, u Rwanda rukazakina imikino 11 mu minsi 3 uhereye kuwa Gatanu tariki ya 20 kugera ku Cyumweru tariki ya 22 Kanama uyu mwaka.

Eric Uwimbabazi August 15, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 8 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 8 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 8 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 9 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?