UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 2 weeks
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 4 weeks
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 3 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Inkomoko y’umunsi wo kubeshya wizihizwa tariki ya 01 Mata
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Utuntu n'utundi

Inkomoko y’umunsi wo kubeshya wizihizwa tariki ya 01 Mata

Editor
Editor
Yanditswe taliki ya 23/04/2022 saa 2:36 AM
920395234

Ku itariki ya 01 Mata buri mwaka, ku isi abantu benshi bazi ko ari umunsi wo kubeshya. Mu bihugu byateye imbere uyu munsi urizihizwa cyane, mu gihe  ino iwacu mu Rwanda ndetse no muri Afrika usanga batawuha agaciro cyane.

Uyu munsi Abafaransa bawita ‘Poisson d’Avril’

Ku rubuga linternaute.com bavuga ko uyu munsi watangiye bwa mbere mu gihugu cy’Ubufaransa(France), nyuma y’uko umwami Charles IX ategetse ko bahindura karindari (Gregorian calendar) mu mwaka w’1582.

Ibi byahindutse, igihe umwaka watangiraga hagati y’itariki ya 25 Werurwe n’iya 01 Mata. Abatarishimiye iryo hinduka, batumiraga abantu mu birori babaga bateguye, bakarya, bakanywa, bakabyina, bamwe bakabeshya bagenzi babo mu rwego rwo gutebya.

- Advertisement -

Uwo muco waje kumenyekana ku izina rya “Le Poisson d’Avril” mu rurimi rw’igifaransa bishatse kuvuga “ifi yo muri Mata.”

Izina ‘Poisson d’Avri’ ryakomotse ku kuba abantu barabaga bavuye mu gisibo kibanziriza Pasika, aho kurya inyama biba bidakunze kugaragara, noneho kuri uyu munsi, abantu bagahana impano z’ibyo kurya byiganjemo amafi.

Uyu munsi wo kubeshya umaze kuza, abenshi bahanaga amafi y’ibishushanyo (faux poissons).

Mu gihugu cy’Ubwongereza naho uyu munsi urizihizwa, aho uzwi ku izina rya “April’s fool day.”

Muri Ecosse barawihiziza cyane kurusha no mu Bufaransa, kuko bageza no kuya 02 Mata bakibeshyanya, ukaba ari imwe mu minsi bakunda cyane muri icyo gihugu.

Muri Ecosse kandi uyu munsi uyu munsi bawise “hunting the gowk (cuckoo).” Naho kuya 02 Mata bawita “behind”, aho abantu bagaruka kubyaraye bibaye ku itariki ya mbere.

Mu gihugu cya Espagne ho bawugira kuwa 28 Ukuboza, bakawita “día de los santos inocentes”, mu gihe mu Ubuhinde ho bawizihiza kuya 31 Werurwe.

Muri ibyo bihugu ariko bamenyereye iby’uyu munsi ku buryo badahahamurwa n’ibinyoma bikakaye, aho amwe mu maradio, televiziyo n’imbuga za internet bidatinya gusohora ikinyoma, kabone n’iyo haba ari mu makuru ubusanzwe atarangwamo impuha cyangwa gutera urwenya.

Abantu biyiziho kugira amarangamutima menshi, bafunga telefoni zabo, hagatangwa n’inama ko abantu barwaye umutima batashyirwa muri uyu mukino w’itariki yo kubeshya.

Kubera akamenyero k’uyu munsi, hari n’ubwo umuntu avuga ukuri ariko ntiyizerwe n’abantu benshi.

Kuba mu Rwanda rero uyu munsi atari umuco, mwitondere abababeshya cyangwa kugira abo mubeshya, muzata kwisanga mwaguye mu makosa akomeye.

Editor April 1, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
1 Igitekerezo
  • Keza says:
    June 23, 2022 at 2:01 pm

    You munsi uzakora ku bantu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Utuntu n'utundi

Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi

Hashize 2 weeks
Utuntu n'utundi

Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye

Hashize 4 weeks
Utuntu n'utundi

Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?

Hashize 2 months
Utuntu n'utundi

Byinshi kuri ‘Sauron’, ifi ifite amenyo nk’ay’abantu yavumbuwe muri Amazon

Hashize 12 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?