UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 6 days
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 month
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 2 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 2 months
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 4 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma FERWAFA ntabwo inyemera -Umutoza w’Amavubi
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

FERWAFA ntabwo inyemera -Umutoza w’Amavubi

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 28/09/2024 saa 8:57 AM

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Umudage Torsten Frank Spittler, yavuze ko Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ritamufata nk’umutoza ushoboye wayobora ikipe y’igihugu akaba ari yo mpamvu atongererwa amasezerano.

 

Ni nyuma yo gutangaza ko azarekera aho ibijyanye n’ubutoza ubwo amasezerano afitanye n’Amavubi azaba ashojwe.

Nyuma yo guhamagara abakinnyi azifashisha mu ya Benin tariki ya 11 na 15 Ukwakira 2024, itangazamakuru ryongeye kumubaza niba koko ibyo yatangaje byari ukuri.

- Advertisement -

Frank Trosten umaze iminsi yitwarana neza n’Amavubi yavuze ko atarafata icyemezo neza ariko byose bizaterwa n’ibiganiro azagirana na FERWAFA ku bijyanye no kongera amasezerano.

Yagize ati “Byose bizaterwa n’uko ibiganiro bizaba byagenze ariko nibigera mu Ukuboza ntarongera amasezerano, rwose byashoboka ko nzahita nsezera ku butoza.”

Yakomeje avuga ko abona FERWAFA itamwemera kuko itaramwegera ngo bamuganirize ku kuba yakongera amasezerano.

Ati “Iyo ndebye mbona FERWAFA itanyemera nk’umutoza ukwiye kuyobora Amavubi, iyo bitaba ibyo baba baranganirije. Gusa reka dutegereze turebe iyo bizagana.”

Frank Trosten akaba yananenze Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, aho kugeza uyu munsi batari bamenya igihugu bazakina mu majonjora y’ibanze yo gushaka itike ya CHAN ndetse u Rwanda nta n’ubwo ruzi niba ruzakina iyi mikino.

Amavubi yahamagaye abakinnyi bitegura imikino ibiri u Rwanda ruzahuriramo na Bénin tariki 11 muri Côte d’Ivoire na tariki 15 Ukwakira 2024 mu mukino uzakinirwa kuri Stade Amahoro.

Frank Spittler yavuze ko abona FERWAFA itamwemera

Muhire Jimmy Lovely September 28, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 8 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 8 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 8 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 8 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?