UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 2 weeks
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 3 weeks
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 3 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Abantu 8 bagaragaje ko bashaka kuba Perezida w’u Rwanda
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Amakuru

Abantu 8 bagaragaje ko bashaka kuba Perezida w’u Rwanda

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 16/05/2024 saa 3:23 PM

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje ko abantu umunani bamaze kuyigezaho ubusabe bwo kuba Abakandida bigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora yo muri Nyakanga 2024.

 

Abanyarwanda barabura amezi abiri bakinjira mu matora akomatanyije ya Perezida n’ay’Abadepite.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Komisiyo y’Amatora, NEC, yagaragaje uko umwuka uhagaze mu gihe habura igihe gito ngo amatora abe.

- Advertisement -

Perezida wa NEC, Oda Gasinzigwa, yavuze ko kugeza ubu bamaze kwakira abantu umunani bifuza kuba abakandida bigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse n’abantu 41 ku bifuza kuba Abadepite.

Gasinzigwa yasobanuye ko n’ubwo byumvikana nkaho abantu bamaze gutanga ubusabe ari benshi, bataraba Abakandinda Perezida, kuko Kandidatire zabo zizasuzumwa, abujuje ibisabwa bakemerwa.

 

Yasabye abashaka kuziyamamaza bakaba bari gushaka imikono mu baturageko bakwirinda kubashukisha amafaranga, kubireka ko bitemewe.

Ati “Iyo ugiye gusaba umukono icyo biba bivuze ni uko umwegera, ukamusobanurira, ukareba ko ari kuri lisiti y’itora, ni ikiganiro cy’umuntu n’undi kandi twizera ko twabisobanuye bihagije, twizeye ko bizagenda neza.”

Yongeraho ati “Turasaba Abanyarwanda kuzitabira aya matora ari benshi kugira ngo bagire uruhare mu kwishyiriraho inzego z’ubuyobozi zizatorerwa.”

NEC ivuga ko kuri ubu, Abanyarwanda bangana na miliyoni icyenda n’ibihumbi magana atanu (9.500.00O), bafite imyaka 18 kuzamura, bari ku lisiti y’itora.

– Advertisement –

Abagera kuri miliyoni ebyiri (2.000.00O) ni bo bazaba batoye bwa mbere.

Kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, hakoreshejwe kode *l69#.

Amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’aAbadepite ateganyijwe kuva tariki 14 kugeza tariki 16 Nyakanga 2024, hakazakoreshwa Site z’Itora 2 441 zifite ibyumba by’itora 17400 mu Gihugu hose.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko izatangira kwakira abakandida bifuza kuba abadepite mu Nteko Ishinga amategeko y’u Rwanda no kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuva ku ya 17 Gicurasi 2024, kugeza ku ya 30 Gicurasi 2024.

Kwakira abakandida bizakorerwa ku cyicaro gikuru cyayo mu minsi y’akazi, guhera saa tatu za mu gitondo kugeza saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Ku ya 6 Kamena 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora izatangaza urutonde rw’agateganyo rw’abakandida bemewe ku mwanya wa Perezida n’abadepite, mu gihe urutonde rwemejwe ruzatangazwa ku ya 14 Kamena.

Urutonde rw’abakandinda Perezida ruzashyirwa ahaharagara tariki 14 Kamena 2024, ku rubuga rwa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC.

Kwiyamamaza kuba kandinda bemewe bibe hagati ya 22 Kamena kugeza 13 Nyakanga 2024.

Mu gihe amatora ku mwanya wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda n’Abadepite azaba ku ya 14 Nyakanga ku banyarwanda baba mu mahanga no ku ya 15 Nyakanga 2024, ku banyarwanda baba imbere mu gihugu.

Mu gihe bitarenze ku ya 27 Nyakanga 2024 hazatangazwa burundu ibyavuye mu matora.

Amatora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda aheruka muri 2017, yasize Perezida Kagame atsinze amatora ku majwi arenga 98%.

Muhire Jimmy Lovely May 16, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Amakuru

MINEMA yatanze impuruza ku kibazo cy’Ibiza

Hashize 7 months
AmakuruImibereho

Musanze: Batewe impungenge n’insinga z’amashanyarazi zishobora kubambura ubuzima

Hashize 10 months
Amakuru

Umuhanzikazi Valentine wamenyekanye nka ‘Dorimbogo’ yapfuye

Hashize 11 months
Amakuru

AS Kigali yatumije Inteko Rusange idasanzwe

Hashize 11 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?