UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 1 week
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 1 month
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 1 month
Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
Hashize 3 months
Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma Umugani w’Ikirura na Bwiza
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Utuntu n'utundi

Umugani w’Ikirura na Bwiza

Iradukunda Uwase Sylvie
Iradukunda Uwase Sylvie
Yanditswe taliki ya 12/06/2021 saa 9:33 AM

Habayeno umukobwa w’inkumi, akitwa Bwiza kandi akaba mwiza koko. Umuntu wese wamubonaga yumvaga amukunze, ariko Nyirakuru akamukunda by’akarusho.

Bukeye, Nyina aramubwira ati, “Enda iyi fu n’uru rwabya rw’amavuta, ubishyire Nyogokuru kandi ntutinde mu nzira cyangwa ngo urangare, wibuke no kumuntahiriza.”

Nyirakuru yari atuye hakurya y’ishyamba. Arigezemo ahura n’ikirura, kiriyoberanya, Bwiza ntiyabimenya, kimuramukije aracyikiriza. Kiramubaza kiti, “Uragana he?” Aragisubiza ati,
– Ndajya kwa nyogokuru.
– Umushyiriye se iki muri iyo nkangara?
– Mushyiriye ifu n’amavuta yo kujya arungisha.
– Nyogokuru wawe atuye he?
– Atuye hakurya y’iri shyamba. Ni ‘rwo rugo rwa mbere uhingukiraho.

Ikirura kiriyamirira kiti, “Mbega umukobwa mwiza! Ariko se ndamuhabwa n’iki ko numva hafi abantu basa ibiti ? Yewe, henga nigendere.”

- Advertisement -

Taritari no kwa Nyirakuru wa Bwiza, kimutangayo, gihondagura ku rugi. Umukecuru abyumvise aravuga ati, «Yewe!» Ikindi kiti «ni Bwiza; nkuzaniye ifu n’amavuta» Umukecuru ati, “Cyo injira nta mbaraga mfite zo kubyuka.”

Ikirura kirakingura, kiraboneza no ku buriri kimumira bunguri, cyiryamira ku buriri bwe, kirimiramiza. Bwiza ngo agere kwa Nyirakuru, asanga umuryango urangaye! Ati, “Ko numva ibikoba binkuka!”

Araboneza no ku buriri yorosora cya kinyamaswa agira ngo ni nyirakuru. Agize ngo arajya kumuramutsa yumva atari we akoraho. Cya kinyamaswa kimwirohaho kiramumira. Hanyuma kiriryamira kirasinzira; kiragona cyane kuko cyari cyijuse.

Umuhigi arahanyura, yumva umugono wacyo ati «ni wa mukecuru w’aha ugona?» Ni bwo yinjiye mu nzu ku buriri asanga ari ikirura; icyo kinyagwa yari yaragihize, cyaramunaniye. Yanga kukirasa, maza yenda inkota ye, agisatura inda. Amaze kugisatura, asangamo wa mukecuru n’umwuzukuru we, abakuramo ari bazima na cyo kigwa aho.

“Si njye wahera, hahera umugani.”

Iradukunda Uwase Sylvie June 12, 2021
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
  • Amajyaruguru: Gucika ku Gusangirira ku Muheha biracyari Ingorabahizi
  • Rwanda: Igisubizo gishya ku Bahinzi b’imboga n’imbuto
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Utuntu n'utundi

Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?

Hashize 1 week
Utuntu n'utundi

Byinshi kuri ‘Sauron’, ifi ifite amenyo nk’ay’abantu yavumbuwe muri Amazon

Hashize 11 months
UbuzimaUtuntu n'utundi

Byinshi wamenya ku miterere y’Intanga ngore

Hashize 11 months
Utuntu n'utundi

Kubera iki tutanganya amahirwe mu buzima?

Hashize 12 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?