UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
Hashize 3 weeks
Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
Hashize 1 month
Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
Hashize 2 months
Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
Hashize 3 months
Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
Hashize 3 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Soma APR BBC na Patriots BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • English
Dukurikire
Imikino

APR BBC na Patriots BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka

Muhire Jimmy Lovely
Muhire Jimmy Lovely
Yanditswe taliki ya 05/09/2024 saa 9:50 AM

Uyu mukino witabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda, Mugwiza Désiré.


APR BBC yatangiye umukino neza Isaiah Miller na Axel Mpoyo batsinda amanota menshi, byafashije iyi kipe gusoza igice cya mbere iyoboye umukino n’amanota 36 kuri 26 ya (…)

Wari umukino wa gatatu, aho Ikipe y’Ingabo yasabwaga gutsinda ikagera ku mukino wa nyuma, mu gihe REG BBC yari gukomeza kwizera ko bishoboka.

Uyu mukino witabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda, Mugwiza Désiré.

- Advertisement -

APR BBC yatangiye umukino neza Isaiah Miller na Axel Mpoyo batsinda amanota menshi, byafashije iyi kipe gusoza igice cya mbere iyoboye umukino n’amanota 36 kuri 26 ya REG BBC.

Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yasubiranye imbaraga mu gace ka gatatu, Antino Jackson na Cleveland Thomas batsinda amanato menshi n’ikinyuranyo gisigara ari amanota atatu gusa (48-45).

Yakomeje gukina neza ndetse bidatinze ikuramo ikinyuranyo amakipe yombi anganya amanota 52-52.

Mu minota ya nyuma y’umukino, APR BBC yerekanye ko ari ikipe nkuru yongera kwiminjiramo agafu, Aliou Diarra na Miller bayifasha kongera kuyobora umukino.

Umukino warangiye, APR BBC yatsinze REG BBC amanota 66-61 iyisezerera ku ntsinzi 3-0 bityo igera ku mukino wa nyuma.

Muri uyu mukino, Isaiah Miller na Axel Mpoyo ba APR BBC na Antino Jackson bose batsinze amanota 17.

Undi mukino wabaye, Patriots BBC yatsinze Kepler BBC amanota 89-66 iyisezerera ku ntsinzi 3-0.

Umukino wa nyuma uzahuza APR BBC na Patriots BBC mu ruhererekane rw’imikino irindwi, ikipe itsinze indi ine ikegukana Igikombe cya Shampiyona.

Umukino wa nyuma wa mbere uteganyijwe tariki 11 Nzeri 2024 muri BK Arena, mu gihe REG BBC na Kepler BBC nazo zizahatanira umwanya wa gatatu.

Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, Umuyobozi wa NBA Africa, Clare Akamanzi na Perezida w’Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda, Mugwiza Désiré bakurikiye umukino wa APR na REG

Isaiah Miller agerageza gutsinda amanota atatu

Cleveland Thomas ageragaza gutsinda amanota atatu

Kendal Gray ahanganye na Aliou Diarra

Antino Jackson ni umwe mu bakinnyi bakomeye muri REG BBC

Keper BBC yageze muri Playoffs ku mwaka wayo mu Cyiciro cya Mbere

William Perry agerageza gutsinda

Prince Ibeh atsinda amanota abiri

Muhire Jimmy Lovely September 5, 2024
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZIHERUKA

  • Inama 9 zagufasha kubaho mu munezero udashamikiye ku butunzi
  • Igikukuru, Umunyu gakondo wibitseho ubudahangarwa buhambaye
  • Kuki Umunsi w’abakozi wizihizwa tariki 01 Gicurasi?
  • Ubushinwa bwihimuye kuri Amerika
  • Intara y’Uburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kwibasirwa n’ibiza
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Imikino

REG WBBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona

Hashize 9 months
Imikino

Amavubi yanyagiwe na Bénin ibitego 3-0

Hashize 9 months
Imikino

Perezida wa UCI yaje mu Rwanda kureba aho imyiteguro ya Shampiyona y’Isi igeze

Hashize 9 months
Imikino

Shampiyona n’ikirarane cya Rayon Sports na APR FC byasubitswe

Hashize 9 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?