UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
Hashize 7 days
Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
Hashize 1 month
Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
Hashize 2 months
Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
Hashize 2 months
Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
Hashize 2 months
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Rutsiro : Imyaka ibaye 7 bishyuza ibyabo byangijwe na REG
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
AmakuruUbukungu

Rutsiro : Imyaka ibaye 7 bishyuza ibyabo byangijwe na REG

UMURENGEZI
UMURENGEZI
Yanditswe taliki ya 04/10/2020 saa 7:46 PM

Abaturage bo mu kagari ka Remera, umurenge wa Rusebeya, mu karere ka Rutsiro bavuga ko bangirijwe imitungo yabo ubwo hakorwaga umuyoboro w’amashanyarazi muri uwo murenge, none ngo hashize imyaka irindwi bategereje kwishyurwa ingurane y’ibyabo byangijwe, ariko amaso yaheze mu kirere.

Aba baturage bavuga ko ibyabo byangijwe bigizwe ahanini n’amashyamba, bamwe barabarirwa abandi ntibabarirwa, ariko bose ngo ntan’umwe wigeze wishyurwa, bagahamya ko byabadindirije iterambere, bikanabashyira mu bukene.

Nyirahagenimana Verene umwe muri bo agira ati, “Twangirijwe amashyamba bari kuhacisha umuyoboro w’amashyanyarazi muri 2013, barambariye ngo ni ibihumbi magana atanu na mirongo itanu(550,000Frw) by’amafaranga y’u Rwanda bazampa, ariko kugeza ubu ntayo nahawe. Ibyo rero byaduteje ubukene turagira ngo mutubarize tumenye niba tuzagana inkiko, ku ubu muri aka kagari tugeze kuri 30 bahuye n’icyo kibazo.”

Nyirabucura Marisiyana nawe ati, “Batwangirije amashyamba barigendera ntacyo batwishyuye. Hashize imyaka irindwi, ingaruka ni ubukene n’inzara nyine kuko ishyamba batemye ubu mba ndikurisarura rikantunga umuntu akaba yakora n’ibindi bimuteza imbere. Njye bari bambariye amafaranga ibihumbi 250.”

- Advertisement -

Maniraguha Jean Pierre Umuyobozi w’ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu(REG) ishami rya Rutsiro, avuga ko mu murenge wa Rusebeya baherutse kwishyurayo abari bujuje ibyangombwa bisabwa bityo ko abasigaye baba ari abataruzuza ibisabwa.

Ati, “Muri uriya murenge wa Rusebeya twari dufitemo abantu batarenga 28 tugomba kwishyura, 24 muri bo bamaze kwishyurwa. Nabonye mu kwezi kwa Gashyantare aribwo ifishi zo kubishyuriraho zagiye muri MINECOFIN(Minisiteri y’Imari n’igenamigambi). Nyuma y’uko kwezi amafaranga barayabonye, abandi bane basigaye nibo batari bujuje ibyangombwa, turabasaba ko nabo babizana bakaba bakwishyurwa.”

Nubwo bimeze guryo ariko, Itegeko n° 32/2015 ryo kuwa 11/06/2015 ryerekeye kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange, mu ngingo yaryo ya 35 harimo ahavuga ko kugira ngo iyimurwa ryemerwe, indishyi ikwiye ihabwa uwimurwa igomba kurihwa mbere y’uko yimuka.

Ni mu gihe ingingo ya 36 y’iri tegeko ivuga ko indishyi ikwiye yemejwe yishyurwa mu gihe kitarenze iminsi 120, uhereye igihe iyo ndishyi ikwiye yemerejwe n’Inama Njyanama ku rwego rw’akarere, ku rwego rw’Umujyi wa Kigali cyangwa Minisiteri bireba.

UMURENGEZI October 4, 2020
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • Perezida Kagame yatangaje ko azongera Kwiyamamaza
  • Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR
  • Kigali: Leta yasobanuye impamvu Abayobozi b’Uturere 3 birukaniwe rimwe
  • Menya ‘Umuganura’ umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda
  • Musanze: Barasaba Leta gushakira Inzira amazi abangiririza Imyaka
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

Ubukungu

Ifaranga ry’u Rwanda ryatakaje Agaciro ugereranyije n’Idorali – BNR

Hashize 1 month
Amakuru

Musanze: Yaturikanywe na Grenade ahatakiriza Ubuzima

Hashize 3 months
Amakuru

Inyamanswa yari imaze iminsi ifata abagore ku ngufu yishwe

Hashize 3 months
Amakuru

Musanze: Impanuka ikomeye yabereye muri GOICO umwe ahasiga ubuzima

Hashize 4 months

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?