UMURENGEZIUMURENGEZI
Ntucikwe Reba byinshi
Inkuru iheruka
INES-Ruhengeri: Hatangijwe Umushinga witezweho kuzahura ubuhinzi
Hashize 23 hours
Rwanda: Hagiye kubakwa imihanda izajya inyurwamo n’abishyuye
Hashize 3 days
Rwanda: Ubukene n’amategeko akakaye, imbogamizi mu gukumira Cancer
Hashize 1 week
Uburibwe bw’Urukundo (Episode: 10)
Hashize 2 weeks
Amajyaruguru: Umunsi mpuzamahanga w’abagore wizihijwe ku buryo budasanzwe unahabwa umwihariko
Hashize 2 weeks
Hindura ingano
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Soma Musanze: Aratabaza Leta nyuma yo gukeneshwa n’indwara ikomeye
Yisangize abandi
Hindura ingano
UMURENGEZIUMURENGEZI
Shakisha
  • AHABANZA
  • IMIBEREHO
  • UBUZIMA
  • UBUKERARUGENDO
  • UBUHINZI
    • UBWOROZI
  • IBIDUKIKIJE
  • POLITIKI
  • UTUNTU N’UTUNDI
  • EnglishEnglish
Dukurikire
Ubuzima

Musanze: Aratabaza Leta nyuma yo gukeneshwa n’indwara ikomeye

Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Emmanuel DUSHIMIYIMANA
Yanditswe taliki ya 23/11/2022 saa 10:56 AM

Indwara yatangiye ari igikomere cyatewe no kwitura hasi, cyamuviriyemo indwara ikomeye, yamuteye ubukene buturutse ku kwivuza mu bitaro bitandukanye byo mu Rwanda.

Ndayambaje w’imyaka 23 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Jabiro, Akagari ka Gisesero, Umurenge wa Busogo ho mu Karere ka Musanze, aratabaza Leta ngo imugoboke abashe kwivuza indwara ikomeye yamuteye ubukene, akaba yarabuze amafaranga yo kwishyura ibitaro bya CHUK byamukoreye ikizami cy’isuzuma ngo hamenyekane indwara arwaye.

Ntawangake, umubyeyi urwaje uyu Ndayambaje akaba na muramukazi we, aganira n’Ikinyamakuru UMURENGEZI, yatangiye asobanura uko uburwayi bwaje ndetse n’icyo bakoze nk’umuryango wa Ndayambaje ngo abashe kuvuzwa, kugeza bananiwe nyuma yo kugarizwa n’ubukene bukabije.

Agira ati: “Iyi ndwara ya Ndayambaje yarizanye. Byatangiye ari inkovu y’igikomere cyatewe no kwitura hasi, hakurikiraho gutaka ko ababara amenyo, amaso akajya aramurya, tugashyiramo imiti y’amaso, nyuma ya nkovu irabyimba.

- Advertisement -

Twamujyanye ku kigo Nderabuzima cya Gataraga, batwohereza mu bitaro bya Ruhengeri, nyuma tujya i Butaro, nabo batwohereza CHUK, ari naho bafashe ikizami cy’isuzuma.

Ntawangake akomeza agira ati: “Twasubiye CHUK gufata igisubizo batubwira ko tugomba kwishyura amafaranga ibihumbi ijana na makumyabiri (120,000Frw) turayabura, none Ndayambaje akaba ari kuborera hano mu rugo, bitewe no kubura amafaranga y’isuzuma ngo akomeze avuzwe.”

Yongeraho ko bahuye n’ubukene bukabije bwatewe no gusiragira mu bitaro bitandukanye, akaba ari naho ahera asaba Leta kubagoboka bakabasha kuvuza Ndayambaje.

Ati: “Ndasaba Leta kudufasha kuko ubukene buraturembeje, buturutse mu kuvuza uyu murwayi mu bitaro bitandukanye.”

Somaho Anne Marie Kavange, Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Busogo, yatanze ihumure kuri iki kibazo.

Ati: “Iki kibazo narakimenye, nandikira Akarere, ubu dutegereje igisubizo. Twandikiye Akarere tugasaba ko kafasha uyu murwayi kuko atishoboye, Akarere nako kazamuhuza n’ibitaro abashe kwivuza.”

Abahanga mu by’umubuzima basaba abantu kujya bivuza neza ibikomere baba bafite, kuko iyo bitavuwe neza, umurwayi ashobora kurwariramo imbere bitewe n’imyanda yasigaye mu nkovu, bikaba byamuviramo na Kanseri.

Irebana na: home
Emmanuel DUSHIMIYIMANA November 23, 2022
Yisangize abandi kuri
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp LinkedIn
Siga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Enter Captcha Here : *

Reload Image

INKURU ZIHERUKA

  • INES-Ruhengeri: Hatangijwe Umushinga witezweho kuzahura ubuhinzi
  • Rwanda: Hagiye kubakwa imihanda izajya inyurwamo n’abishyuye
  • Rwanda: Ubukene n’amategeko akakaye, imbogamizi mu gukumira Cancer
  • Uburibwe bw’Urukundo (Episode: 10)
  • Amajyaruguru: Umunsi mpuzamahanga w’abagore wizihijwe ku buryo budasanzwe unahabwa umwihariko
-Kwamamaza -
- Kwamamaza -
Ad imageAd image

Indi nkuru wasoma

UbuhinziUburezi

INES-Ruhengeri: Hatangijwe Umushinga witezweho kuzahura ubuhinzi

Hashize 23 hours
Politiki

Rwanda: Hagiye kubakwa imihanda izajya inyurwamo n’abishyuye

Hashize 3 days
IbidukikijeUbuzima

Rwanda: Ubukene n’amategeko akakaye, imbogamizi mu gukumira Cancer

Hashize 1 week
Inkuru ndende

Uburibwe bw’Urukundo (Episode: 10)

Hashize 2 weeks

©Umurengezi Group - All Rights Reserved. Designed by Tumukunde Dodos

Removed from reading list

Yigarure
Urakaza neza!

Sign in to your account

Lost your password?